00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi ba Serena Hotel basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kiziguro baremera abayirokotse n’abagize uruhare mu kuyihagarika

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 6 June 2026 saa 07:42
Yasuwe :

Abayobozi n’abakozi ba Serena Hotel basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, baremera abarokotse Jenoside na bamwe mu bagize uruhare mu kuyihagarika, ndetse biyemeza gukomeza gusobanurira amateka abashyitsi bakira.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 5 Kamena 2026, aho aba bakozi batangiriye urugendo rwo Kwibuka kuri Kiliziya ya Kiziguro, basobanurirwa amateka ya Jenoside, uko umugambi wayo wateguwe guhera mu 1959 kugeza ushyizwe mu bikorwa.

Abakozi ba Serena Hotel bashyize indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Tariki ya 7 Mata 1994 ni bwo kuri Paruwasi ya Kiziguro hiciwe Abatutsi benshi bigizwemo uruhare na Gatete Jean Baptiste wari Burugumesitiri wa Komini Murambi.

Kuva 1992, muri Kiziguro hari harashinzwe amatsinda atandukanye yari yaratojwe ari yo interahamwe zari zishinzwe kwica, hakaba Interamwete zari zigizwe n’abagore batekeraga abagabo babo mu gihe bagiye kwica kandi bakaranga ahari Abatutsi, hakaba n’itsinda ry’abana ryitwaga Imiyugiri yari rishinzwe kuvumbura Abatutsi aho babaga bihishe.

Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe mu minsi 100, ihitana abarenga miliyoni, ihagarikwa n’ingabo zari iza RPA.

Umuyobozi mukuru wa Serena Hotel, Mr. Frankline Nyakundi yavuze ko bifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Twebwe nk’ubuyobozi bwa Serena Hotel twifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe cy’iminsi 100. Njyewe amabi yabaye mu gihugu uko nayabwiwe n’uko nayasomye bitandukanye cyane n’ibyo ndi kwibonera. Nimukomere kandi turahari natwe ngo dukomezanye ndetse ibyabaye ntibizongera kubaho ukundi.”

Umuyobozi mukuru ushinzwe abakozi muri Serena Hotel, Mugesera Erick, yavuze ko impamvu bahisemo kujya gusura Urwibutso rwa Kiziguro ari uko habitse amateka menshi ajyanye n’ubwicanyi bwahabereye.

Ati “Ni byiza ko urubyiruko rwacu rugenda rukiga amateka, rukayasobanukirwa ndetse rugakura ruzi umurongo rugomba kugenderamo.”

Yagaragaje ko impamvu nyamukuru ituma bakora ibikorwa byo kuremera imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abakozi ari ukugira ngo bakomeze kubaba hafi, no kurushaho kubegera kugira batiyumva nkaho bari bonyine.

Uwari uhagarariye Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Karegeya Kenneth yavuze ko kuri ubu anezezwa n’uko urubyiruko rushishikariye kumenya amateka, gusa agaragaza ko Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga bakwiriye kurushaho kumenya amateka yabaye mu gihugu kugira ngo ibyabaye bitazaba n’abandi.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard yashimiye abakozi ba Serena Hotel kubwo kwifatanya na bo muri iki gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka, asaba urubyiruko kwihatira kumenya amateka y’Igihugu no kujya bayigisha ababagana mu mirimo yabo ya buri munsi irimo kwakira abaturuka hirya no hino mu gihugu no mu mahanga.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kiziguro ruruhukiyemo imibiri 20.186. Munsi y’uru rwibutso hari icyobo kinini cyagujunywagamo Abatutsi bamwe ari bazima abandi bakajugunywamo bamaze gucibwamo ibice.

Abayobozi n'abakozi ba Serena Hotel bashyize indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Abakozi ba Serena Hotel basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kiziguro baremera abayirokotse n’abagize uruhare mu kuyihagarika
Aba bakozi batangiriye urugendo rwo Kwibuka kuri Kiliziya ya Kiziguro, basobanurirwa amateka ya Jenoside
Ubwo Umuyobozi wa Serena Hotel ya Gisenyi yashyiraga indabo ku mva ziruhukiyemo inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi mukuru wa Serena Hotel, Mr.Frankline Nyakundi yavuze ko bifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi mukuru ushinzwe abakozi muri Serena Hotel, Mugesera Erick, yavuze ko impamvu bahisemo kujya gusura Urwibutso rwa Kiziguro ari uko habitse amateka menshi ajyanye n’ubwicanyi bwahabereye
Abakozi ba Serena Hotel baremeye abarokotse
Abakozi ba Serena Hotel banaremeye abarokotse Jenoside ni abagize uruhare mu kuyihagarika
Abayobozi n’abakozi ba Serena Hotel basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo biyemeza gukomeza gusobanurira amateka abashyitsi bakira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages