Ni igikorwa cyatangijwe n’urugendo rwo kwibuka, gikomereza ku rwibutso rwa Mucyeri ari na ho bashyize indabo mu rwego rwo guha icyubahiro Abatutsi bahashyinguwe.
Nyuma yo kunamira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bakomereje ku cyicaro cy’iyi Kaminuza, ari naho hatangiwe ubutumwa bwo kwibuka.
Umuyobozi wa UTAB, Padiri Munana Gilbert yavuze ko kwibuka muri iri shuri ari igikorwa gisanzwe gikorwa kuva mu 2006 kandi ko bizahoraho mu rwego rwo gusegasira amateka, asaba abanyeshuri gufata iya mbere mu kurwanya abagifite ingengabitekerezo babicishije ku mbuga nkoranyambaga.
Ati “Kwibuka ni inshingano nk’abarezi, hazirikanwa Abatutsi bishwe bazira uko bavutse, tunazirikana amateka mabi uRwanda rwanyuzemo, bikaba n’umwanya wo gusubiza amaso inyuma hagamijwe kurwanya amacakubiri aho yaturuka hose.”
“Ni umukoro w’abari mu burezi kumva neza amateka y’uRwanda, gutoza gahunda ya Ndi Umunyarwanda twimakaza ubumwe bwacu".
Kaminuza ya UTAB ivuga ko izakomeza gutanga umusanzu wayo wo kubaka u Rwanda yigisha abayigana bose amateka nyayo no gutoza indangagaciro zihuza Abanyarwanda.
Uhagarariye Ibuka mu Karere ka Gicumbi, Kamizikunze Anastase yavuze ko uruhare rwa UTAB rugaragara cyane mu minsi ijana yo kwibuka ndetse ko no mu bindi bihe bakunda kuremera abarokotse Jenoside batishoboye.
Ati “Turashima uruhare rwa UTAB mu bikorwa bitandukanye bakora hagamijwe kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda, haba mu kuremera abarokotse Jenoside, kwigisha indangagaciro mu banyeshuri bayo ndetse no guhangana n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside bakoresheje imbuga nkoranyambaga.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel na we yashimangiye ubufatanye bw’iri shuri mu gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi abasaba ko abazi ahantu Abatutsi biciwe bafata iya mbere mu kwerekana imibiri yabo kugira ngo ibashe gushyingurwa mu cyubahiro.
Ati “Turasaba buri umwe waba azi aho biciye Abatutsi kugira uruhare mu kuherekana, kugira ngo imibiri yabo izashyingurwe mu rwibutso hamwe n’abandi mu rwego rwo kubahesha icyubahiro.”
Ishuri ry’Ikoranabuhanga n’Ubugeni, UTAB ryagize uruhare mu kubakira abarokotse Jenoside no gutanga ubundi bufasha haba mu Karere ka Gicumbi na Gatsibo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!