Uyu mushinga wiswe “Guharanira uburenganzira ku buzima bw’imyororokere harwanywa ihohoterwa rishingiye ku gitsina”, umaze imyaka ine n’igice (2017-2022) ukorerwa mu Turere dutandatu turimo Huye, Ruhango, Muhanga, Kamonyi, Nyabihu na Rubavu, ukaba wasozwe kuri uyu wa 9 Gashyantare 2022.
Abagizweho ingaruka n’iri hohoterwa bafashijwe kongera kwigirira icyizere, gukira ibikomere no kwiyubaka, aho bigishijwe imyuga inyuranye irimo kudoda no gutunganya umusatsi ndetse bamwe bahabwa igishoro kugira ngo babyaze inyungu ibyo bize bakora imishinga iciriritse.
Uwitwa Grace wafashwe ku ngufu ndetse agaterwa inda na Se afite imyaka 15 yagize ati “RICH yatumye ngarura icyizere cy’ubuzima, bampaye igishoro n’imashini yo kudoda, ubu nditunze n’umukobwa wanjye, mwishyurira amafaranga y’ishuri ndetse n’iyo arwaye mbasha kumuvuza.”
Uyu mushinga wakoranye kandi n’ikigo cya Isange One Stop Center mu guteza imbere serivisi giha abahohotewe binyuze mu guhugura abaganga 144 babitaho n’abandi bantu 247 babaganiriza ndetse unafasha imiryango 955 kuva mu makimbirane.
Umuryango ufite abana batanu utuye mu Karere ka Kamonyi wafashijwe kuva mu makimbirane washimye RICH uvuga ko ubu ubanye neza mu mahoro.
Umugabo yagize ati “Mbere umugore yaryaga ibye nanjye nkarya ibyanjye, numvaga ntashaka kumureba mu maso n’ibiryo bye nkumva nabisukamo amabuye ariko nyuma y’uko RICH itugiriye inama, tubanye neza, ubu abana bariga, ndabashima cyane.”
Haracyari icyuho gikwiriye kuzibwa
Umuyobozi wa RICH, Antoine Cardinal Kambanda, yavuze ko nubwo uyu mushinga wageze kuri byinshi ariko hakiri icyuho mu gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse no kwita ku barikorewe cyo kimwe no gufasha imiryango ibana mu makimbirane.
Yagize ati “Uruhare rwa buri wese rurakenewe kugira ngo dushobore kuziba iki cyuho, hari hakwiye ko ibi bikorwa bikomeza ndetse bikaguka cyane cyane ko hari uturere 24 tutagezweho n’uyu mushinga.”
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango, Prof. Bayisenge Jeanette yavuze ko hakenewe ubufatanye mu kurandura ibi bibazo, agaragaza ko kugeza ubu serivisi zitangwa na Isange One Stop center ifasha abahohotewe zitazwi na benshi.
Ati “Twifuzaga ko hategurwa ubutumwa buto busobanura serivisi za ‘Isange’, bugatangwa mu nsengero, muri za kiliziya no mu misigiti kugira ngo na hahandi umushinga utakorewe na ho babimenye.”
Umuyobozi wa Oxfam mu Rwanda, Mukampabuka Immaculée, yasabye guverinoma, imiryango itegamiye kuri leta n’abandi muri rusange gutanga umusanzu wabo mu kuziba ibyuho byagaragajwe kugira ngo hubakwe umuryango nyarwanda ushoboye kandi utekanye.
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira Thierry yasabye abayobozi n’abaturage muri rusange kureka kwigira ntibindeba, bagafatanya mu kurandura ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko kidashobora gucika buri wese adashyizeho ake.
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni kimwe mu bihangayikishije umuryango nyarwanda, rikaba ritizwa umurindi no kudatanga amakuru y’abakoze ibyo byaha, kunga uwakoze icyaha n’uwagikorewe, kumva nabi ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!