00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abana b’ingagi 22 bazitwa amazina mu 2026

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 11 August 2026 saa 11:15
Yasuwe :

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere, RDB, rwatangaje ko abana b’ingagi 22 bavutse ari bo bazitwa amazina mu muhango uteganyijwe ku wa ya 4 Nzeri 2026. Ni umuhango uzaba ku nshuro ya 21, uzabera mu Kinigi mu nkengero za Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.

Aba bana biyongereye ku bana 438 biswe amazina kuva mu 2005 umuhango wo Kwita Izina watangira mu Rwanda.

Mu 2025 ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda arenga miliyoni 685$ avuye kuri miliyoni 647 yinjiye mu 2024. Ni amafaranga yavuye muri ba mukerarugendo barenga miliyoni 1,49 basuye u Rwanda muri uwo mwaka.

Aya mafaranga kandi yaturutse mu bikorwa by’ubukerarugendo bitandukanye byakorewe muri pariki zitandukanye z’igihugu kuko muri uwo mwaka Pariki z’igihugu zose hamwe zasuwe n’abakerarugendo 155.394.

Ni mu gihe mu bikorwa nko kwakira inama mpuzamahanga kuko mu 2025 u Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga 165, zitabiriwe n’abarenga ibihumbi 61, byinjiriza u Rwanda miliyoni 94,7$.

Inkuru irambuye ni mu kanya

Abana b'ingagi bazitwa amazina mu 2026 ni 22

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages