00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda barenga 20 bafungiwe muri Congo

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 9 February 2017 saa 09:41
Yasuwe :

Abanyarwanda 21 bafunzwe n’inzego z’umutekano kuva kuwa Kabiri, tariki ya 7 Gashyantare 2017 i Goma, bafatanywe amakarita y’itora ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, abo Banyarwanda bafashwe ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, bagiye kwambuka umupaka wa ’Grande barrière", batashye mu Rwanda.

Muri abo 21 bafashwe, babiri baratorotse, abandi 19 baguma mu maboko y’inzego z’iperereza z’igisirikare cya Congo.

Mu gace ka Nyiragongo muri kilometero 10 uturutse i Goma, Sosiyete Sivile yaho yatangaje ko yashyikirije abandi Banyarwanda bane inzego z’umutekano, bafashwe bagerageza kwiyandikisha kuri lisiti y’itora.

Hagati aho ariko, Visi Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Norbert Bazengezi Katintima, yatangaje ko iperereza rikomeje kuri abo bafatiwe mu gace ka Nyiragongo, ariko ubu akaba atahamya ko ibyo bashinjwa ari byo cyangwa atari byo.

Muri Repibulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje kwandika abaturage kugira ngo bazabone uko batora Umukuru w’Igihugu. Komisiyo y’amatora itangaza ko hamaze kwandika miliyoni 13.

i Rubavu ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo Kinshasa werekeza i Goma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages