00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda 10 barangije amasomo ya tekiniki mu by’indege

Yanditswe na

Dan Iraguha

Kuya 8 November 2015 saa 11:53
Yasuwe :

Mu banyeshyri baherutse gusoza amasomo ajyanye n’ibyo gutwara indege ndetse n’ibya tekiniki muri Ethiopia, harimo Abanyarwanda bagera ku 10 barangije amasomo ya tekiniki mu by’ingege.

Abarangije amasomo banahawe impamyabushobozi ni abapilote 24, abashinzwe kugenzura ibya tekinike mu ndege 96 barimo Abanyarwanda 10, abakira abakiriya 37 n’abashinzwe gucuruza no kwamamaza servise z’indege 44.

Impamyabushobozi bazihawe n’ikigo kizwi cyane muri Afurika mu bijyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere cya Ethiopian Aviation Academy.

Abanyarwanda bize ibyo gutwara indege bagera kuri 15, ariko bo baracyari ku ntebe y’ishuri.

Umuyobozi w’icyo kigo Tewolde GebreMariam ari nawe watanze izo mpamyabushobozi, yasabye aba banyeshuri bazihawe kuzibyaza umusaruro banoza akazi bazakora, kuko ubumenyi bahawe buhagije.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Mushikiwabo, abinyujije kuri twitter yashimye ubufatanye bw’u Rwanda na Ethiopia by’umwihariho anishimira abo banyarwanda bavuye gukarishya ubumenyi mu bw’indege.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages