00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda ubwacu tugomba kwigirira icyizere tugahindura imyumvire-Minisitiri Kanimba

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 22 June 2017 saa 09:35
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubucuruzi, inganda n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, François Kanimba, yasabye abanyarwanda kurushaho kwigirira icyizere no guhindura imyumvire bakumva ko ibintu bikozwe n’abanyarwanda ari iby’agaciro.

Hashize iminsi itari mike Guverinoma y’u Rwanda itangije gahunda yo kwimakaza ibikorerwa mu Rwanda hagamijwe kongera umusoruro w’ibyoherezwa hanze muri gahunda yiswe “Made in Rwanda” ivugwaho kuzagabanya akayabo u Rwanda rwatakazaga mu kugura ibyakorewe mu mahanga.

Ubwo yatangizaga imurikagurisha ry’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyarugenge (JADF), ribera mu mujyi wa Kigali mu gace kahariwe abanyamaguru(Car Free Zone), Minisiri Kanimba, yasabye abanyarwanda kwigirira icyizere kandi bagaha agaciro ibikorerwa mu Rwanda.

Yagize ati ‘Made in Rwanda’ ni amagambo afite icyerekezo gukubiyemo ibintu byinshi mu ngamba zo gutera imbere cyane cyane tureba imbaraga z’abanyarwanda uburyo ari zo twashingiraho kugira ngo twiteze imbere mu mugambi wo kwigira. Ibyo rero kugira ngo bishoboke mbere na mbere ubwacu abanyarwanda tugomba kwigirira icyizere tugahindura imyumvire twumva y’uko ibintu bikozwe n’abanyarwanda ari ibintu by’agaciro .”

Yakomeje avuga ko abanyarwanda bagomba gutandukana burundu n’imitekerereze yahozeho kera bitewe n’uko hari abumvaga ko ikintu gifite agaciro ari ikivuye mu mahanga.

Rwiyemezamirimo witwa Tina Mutaharugo yabwiye IGIHE ko bishimiye iri murikagurisha kuko baryungukiramo cyane.

Yagize ati “ Biradushimisha cyane iyo twakoreye aha imurikagurisha kuko tuhabona abakiriya benshi batandukanye barimo abanyarwanda n’abanyamahanga, ikindi kandi ni uko tuhakura abakiriya benshi badusaba ko twabagezaho ibicuruzwa kubera ko hanyura abantu benshi.”

Umuyobozi wa ( JADF) mu Karere ka Nyarugenge, Mukantabana Crescence, yavuze ko uru rwego rukeneye ubujyanama bw’uburyo rwarushaho gukora ibintu byinshi kandi byiza.

Iri murikagurisha ryitabiriwe n’abacuruzi bagera kuri 80 ririmo ibintu bitandukanye byakorewe mu Rwanda birimo imyenda n’ibikapu bidoze mu bitenge n’ibindi bikoresho by’ubugeni.

Minisitiri Kanimba afungura ku mugaragaro imurikagurisha ry'abafatanyabikorwa b'Akarere ka Nyarugenge
Minisitiri Kanimba yasuye ibice bitandukanye bimurikirwamo ibikorerwa mu Rwanda
Abayobozi mu nzego zitandukanye bari bitabiriye umuhango wo gutangiza iri murikagurisha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages