00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanye-Congo ni bo banyamahanga benshi batuye mu Rwanda

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 20 July 2023 saa 03:25
Yasuwe :

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni cyo gihugu gifite umubare munini w’abanyamahanga batuye mu Rwanda nk’uko byagaragajwe n’ibyavuye mu Ibarura Ry’Abaturage n’Imiturire ryakozwe mu 2022.

Ibyavuye muri iri barura byerekanye ko abaturage b’u Rwanda bageze kuri miliyoni 13,2. Uyu mubare wariyongereye uva kuri miliyoni 10,5 mu mwaka wa 2012. Igipimo cy’ubwiyongere buri mwaka ni 2,3%.

Aba baturage batuye mu ngo miliyoni 3,3 aho rumwe rubarirwa abantu bane. Abagabo ni 48,5 ku ijana naho abagore ni 51,5 ku ijana.

Abagera kuri 72,1 ku ijana batuye mu byaro naho mu mujyi hatuye 27,9 ku ijana.

Ukurikije Intara, iy’Iburasirazuba ni yo ituwe cyane kurenza izindi ntara kuko ifite abangana na 26,9%. Nubwo bimeze bityo ariko abaturage bagenda bimuka bakava mu Ntara imwe bajya mu yindi kubera impamvu zitandukanye.

Intara y’Amajyepfo ni yo ifite umubare munini w’abaturage bayivukiyemo bakimuka bakajya gutura mu zindi ntara mu gihe mu gihe iy’Iburasirazuba ari yo yakiriye abaturage benshi bagiye kuyituramo baravukiye mu zindi ntara.

Abaturage ibihumbi 546 bavuye mu Ntara y’Amajyepfo bajya gutura ahandi mu myaka yabanjirije ibarura mu gihe Iburengerazuba himutse ibihumbi 494.

Ibarura kandi ryagaragaje ko hari abantu 366.785 batuye mu Rwanda baravukiye mu mahanga naho 65.762 bari batuye mu mahanga mu myaka itanu yabanjirije ibarura.

Ibihugu byo mu Karere ni byo bifite abantu benshi batuye mu Rwanda. Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaza ku isonga aho ifite abagera ku 141.195.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages