Abarangije amasomo bemeza ko bashingiye ku bumenyi bahawe, biteguye kujya gutanga umusanzu ufatika mu Muryango Nyarwanda kandi ko biteguye guhanga imirimo izatanga n’akazi ku bandi.
Ukwitegetse Gikumi ni umwe mu banyeshuri barangije mu Ishami rya ‘Computer Sciences’ akaba ari umwe mu batsinze neza amasomo.
Yavuze ko nubwo yishimira ko yasoje amasomo ye, agifite umukoro ukomeye wo kwihangira umurimo mu bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere.
Yagize ati "Ni ibyishimo bikomeye kuba dusoje amasomo neza twarize mu bihe bikomeye bya Covid-19, nsoje amasomo ariko mfite n’umukoro ukomeye wo kwihangira umurimo nirinda kwicara ntegereje aho nzumva bampamagara. Mfite umushinga w’ubworozi bukozwe kijyambere buzanatanga akazi ku rubyiruko bagenzi banjye.”
Mutuyimana Samuel warangije mu Ishami ry’Ubwubatsi, na we avuga ko bigishijwe kuvana ibyo bize mu mpapuro bakabishyira mu bikorwa, bityo ko na we agiye gutangiza ubushabitsi mu bijyanye n’ubwubatsi.
Yagize ati "Kugira ngo umuntu agire icyo ageraho bimusaba gukora cyane, ni byo twakoze mu myaka yose tumaze twiga, ndashimira umuryango wanjye wambaye hafi n’abarimu badufashije. Tugiye gukura mu mpapuro ibyo twize tubishyira mu bikorwa, ndateganya gutangiza ikigo cyigisha ibijyanye n’ubwubatsi kugira ngo ibyo nize mbishyire mu bikorwa."
Umuyobozi Mukuru wa Ines Ruhengeri, Padiri Dr. Fabien Hagenimana, avuga ko intego ya Ines Ruhengeri ari ugushyira abanyeshuri ku rwego bashobora kwihangira imirimo ndetse n’abayihawe bakuzuza inshingano zabo neza.
Yagize ati "Intego ya Ines Ruhengeri ni ugutanga uburezi bufite ireme no kuyigira Kaminuza mpuzamahanga. Abarangije hano turabizeye ko bagiye guhindura imikorere isanzwe kuko barakenewe ku isoko ry’umurimo. Turabizeye kuko ubumenyi twabahaye nibabukoresha neza bazaba ibisubizo aho bazaba bari hose."
Dr. Ndikubwimana Théoneste wari Intumwa ya Minisiteri y’Uburezi, yashimye umusanzu wa Ines Ruhengeri mu kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda.
Yaguze ati “Umusanzu wa Ines Ruhengeri mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, umusanzu mutanga twe nka Minisiteri y’Uburezi turawuzi kandi tuwuha agaciro, icy’ingenzi ni ukuba igisubizo aho muri hose. Turasaba abarangije hano kutaba abashakisha akazi ahubwo bagahanga imirimo bagaha abandi akazi."
Ni ku nshuro ya 13, Ines Ruhengeri yashyize ku isoko ry’umurimo abagera kuri 874 bayirangijemo uyu mwaka barimo icyenda barangije Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza (Masters), bashimirwa ubwitange bagize mu bihe bizemo bya Covid-19. Baje biyongera ku bandi 8554 bayirangijemo amasomo yabo mu mashami atandukanye.
Amafoto: Nezerwa Salomon



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!