00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri ba INES Ruhengeri bamuritse umuco wo mu bihugu 17 baturukamo

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 27 February 2022 saa 02:12
Yasuwe :

Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’ubumenyingiro, INES Ruhengeri bamuritse umuco w’ibihugu 17 baturukamo, basabwa kuwusigasira nk’ingobyi ihetse amateka n’inkomoko y’iterambere.

Mu birori byo kumurika umuco, ( Intercultural Day), muri Ines Ruhengeri wahuje abanyeshuri baturuka mu bihugu bitandukanye, bamurika imbyino, imirire n’iminywere, imyambaro n’imyambarire ndetse barasangira bagamije kurushaho kumenyana.

Umuyobozi Mukuru wa Ines Ruhengeri, Padiri Dr Fabien Hagenimana yibukije urubyiruko ko umuco ari nk’ingobyi ihetse amateka y’igihugu kandi ko nta terambere ryagerwaho ridashingiye ku muco.

Yagize ati “Umuco si ikintu kijugunye aho gusa, umuco uhetse abantu, uhetse amateka y’ibihugu, uwusuzuguye aba yisuzuguye na we. Umuntu utagira umuco byamugora kubaho, kuko niwo utubera ingobyi ukadufasha kubaho, tugatunga tugatunganirwa, ugasaza neza ukanawusigira abagukomokaho, umuco tuwubahe, tuwubungabunge kandi twibuke ko iterambere ryose rigerwaho kubera guhura n’amahanga, tugomba no kwiga imico yaho."

Bamwe muri aba banyeshuri baturuka mu bihugu bitandukanye, bahuriza ku mvugo ishimangira ko umunsi mpuzamico wabasigiye umukoro wo gukora byinshi no kugira ibyo bongera mu mico yabo kugira ngo iterambere ry’ibihugu byabo rirusheho kwihuta.

Ntwali Frolisse ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yagize ati "Ni umunsi uryoheye ijisho. Nabonye uko mu Rwanda batwaraga umwami n’umwamikazi we babagaragiye, byanshimishije cyane.”

“Nabonye imbyino nyarwanda ziryoheye amaso. Byampaye isomo ryo guha agaciro umugore kurusha uko nabyumvaga nk’uko mu Rwanda babikora."

Iradukunda Evelyne wo mu Rwanda, na we yavuze ko mubyo bafite byo gutanga harimo ubumenyi bufite ireme kandi ko yishimira kubona abanyamahanga nabo bashishikajwe no kumenya Ikinyarwanda.

Yagize ati “Mbere wasangaga twigana n’abanyamahanga ariko dutinyana, buri wese n’umuco w’iwabo ntashishikazwe n’uw’ahandi, ariko uyu munsi watweretse ko dufite byinshi byo gutanga. Byonyine kuba bava mu mahanga bakaza guhahira ubumenyi iwacu ni uko uburezi bwacu bufite ireme.”

Felicitas Winkels wo mu Budage, yavuze ko yishimiye ko yarushijeho kumenyana na bagenzi be bigana kandi ko kumurika umuco bibafasha kurushaho kumenyana, kubahana no kwigira ku bandi.

Yagize ati “Narushijeho kumenyana na bagenzi banjye kuko twahuzwaga n’amasomo ariko ntube wamenya ngo aba ni abahe, bakunda iki, babaho bate? Iyo uzi umuco w’abantu bituma urushaho gukorana nabo, nigiye ku Banyarwanda uko basabana kandi hari amagambo usanga ahura n’ayacu bikatunezeza.”

Muri Ines Ruhengeri higayo abanyeshuri 137 b’abanyamahanga baturuka mu bihugu 17 byo ku Mugabane wa Afurika n’u Burayi,.

Biteganyijwe ko umunsi mpuzamico (intercultural Day) uzajya uba buri mwaka kugira ngo abanyeshuri barusheho kwiyumvanamo no kuzamura ubumenyi bwabafasha guteza imbere ibihugu byabo bashingiye ku mico bigiye ku bindi bihugu.

Nigeria yari ihagarariwe muri ibi birori
Bamwe mu banyeshuri bakomoka mu Budage bari bishimiye kugaragaza umuco wabo
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari yitabiriye
Abanyeshuri bo muri Sudani y'Epfo bigaragaje muri ibi birori
INES Ruhengeri yiyemeje kujya itegura umunsi mpuzamuco buri mwaka
Uburyo bw'imitekere ni kimwe mu bimenyetso bikomeye by'umuco
Amafunguro atandukanye yamuritswe hashingiwe ku mico y'ibihugu
Abanyarwanda bagaragaje umuco wa kera umwami agaragiwe n'Umwamikazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages