00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri ba Kaminuza ya Kigali beretswe amahirwe ari mu kwihangira imirimo

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 12 March 2015 saa 09:10
Yasuwe :

Ubwo basuraga ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro riherereye mu Murenge wa Kinyinya, abanyeshuri ba Kaminuza ya Kigali (UOK) beretswe uko bimwe mu byo bize mu magambo bishyirwa mu bikorwa, biyemeza guhita berekeza imitima ku kwihangira imirimo.

Kuri uyu wa Kane tariki 12 Werurwe 2015 ni bwo aba banyeshuri bagera kuri 70 biga muri Kaminuza ya Kigali basuraga ishuri rya India – Africa ryigisha ubumenyingiro, n’ikigo cy’ikiranabuhanga cya K-Lab.

Bimwe mu byo abanyeshurio beretswe ni nk’uburyo imisumari ikorwamo, gukora imigati, gukora impapuro z’isuku (papiers mouchoir), Porogaramu za Mudasobwa (applications) n’ibindi, abakozi b’inzobere bakabasobanurira uburyo bikorwa.

Nyuma yo kwerekwa ubumenyi butandukanye, aba banyeshuri bo muri Kaminuza ya Kigali bagaragaje ko bafite icyizere gikomeye cyo guhangana ku isoko ry’umurimo mu igihe bazaba barangirije amasomo yabo.

Uwamahoro Jacky we avuga ko kuva aho yiboneye uburyo bumwe mu bumenyi bahawe mu magambo bushyirwa mu bikorwa, agiye gukomeza kwiga ari na ko yihangira imirimo.

Ati “Ubu nimva aha ndahita ntangira kwihangira imirimo kuko nasanze nta kintu na kimwe kirimo kigoye uretse kugira ubushake no kugira igishoro gusa, ikindi byamfashije ni uko nahise nikuramo ikintu cyo kutazakorera umuntu igihe nzaba ndangije amashuri yanjye bitewe n’uko nasanze nta kizambuza kwikorera”.

Jacky Uwamahoro yahavuye amenye ko ubushake ari cyo cyibanze, ahita yiyemeza gushaka igishoro ngo yihangire umurimo

Bizimungu Gylain wiga mu Mwaka wa mbere mu ishami ry’ikoranabuhanga n’itumanaho yemeza ko nyuma yo gusura ibi bigo bibiri ntawe ashobora kuzategera amaboko amusaba akazi.

Yagize ati “Ikintu cya Mbere nakundiye uru rugendoshuri, n’uko ibyo twigaga mu magambo byose twumva ko bigoye twabonye uko bikorwa kandi dusanga byoroshye, ikindi ni uko ubu jye nta muntu nshobora kuzategera amaboko musaba akazi, ahubwo nzemera ngorwe no gushakisha igishoro nikorere”.

Dr Munyakazi Isaac umuyobozi ushinzwe ireme ry’uburezi muri Kaminuza ya Kigali avuga ko impamvu ya yatumye basura ibi bigo, ari uko iyi Kaminuza yaje ifite intego yo gutanga uburezi bufite ireme mu gihugu.

Ati “Icya mbere ni uko intego y’ishuri ryacu ari iyo gutanga uburezi bufite ireme rituma abana bose bahize bakaharangiriza bajya ku isoko ry’umurimo bakihangira akazi aho kujya gushakishiriza aho batizeye ko bazakabona”.

Dr Munyakazi Isaac umuyobozi ushinzwe ireme ry’uburezi muri Kaminuza ya Kigali

Yakomeje avuga ko izi ntego zitagerwaho mu gihe batabashije kwereka aba banyeshuri amahirwe yose ari hanze ku isoko, kugira ngo bahuze ubumenyi biga n’amahirwe ari hanze, mu rwego rwo kubafasha kuba ba rwiyemezamirimo bajyanye n’ubumenyi bahabwa n’iyi Kaminuza.

Abanyeshuri berekwa uko zimwe mu mashini zikora
Bizimungu Gylain avuga ko atazategereza kuzategera amaboko abandi bakoresha ko ahubwo agiye gushaka igishoro akikorera
Bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza ya Kigali ubwo basuraga ishuri rya India Afurika
Basobanurirwa uburyo imisumari ikorwa
Abanyeshuri ba Kaminuza ya Kigali berekwa bimwe mu bikorerwa muri K-Lab
Bari mu Kigo cy’ikiranabuhanga cya K- Lab
Aha abanyeshuri ba UOK berekwaga uko imigati igezweho ikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages