Ni mu birori byabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, byitabirwa n’abo banyeshuri, abayobozi b’ikigo, ababyeyi n’inshuti z’abasoje amasomo n’abafatanyabikorwa ba Trinity International Academy.
Aba banyeshuru bize muri muri Porogaramu yihariye ya Accelerating Christian Education (ACE Program) yatangirijwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikoreshwa mu bihugu bigera ku 140 ku isi, ikaba ishingiye ku myizere ya gikirisitu n’ubumenyi buhanitse.
Ihesha umunyeshuri wayigiyemo kuba yakwiga muri kaminuza iyo ari yo yose ku Isi, atarinze asubiramo amasomo amwe n’amwe.
Ikoreshwa mu buryo umunyeshuri ari we wiyigisha akagira abamukurikirana ndetse n’ibyangombwa byose nkenerwa, akabasha kwiga amasomo yose yaba aya siyansi n’ikoranabuhanga.
Iyi porogaramu ifite umwihariko w’uko umunyeshuri ufata vuba atari ngombwa ko arindira abandi kugira ngo bazakorere rimwe ibizamini ku buryo uw’inkwakuzi ashobora kurangiza amasomo y’imyaka ibiri akabikora mu mwaka umwe, ibimuhesha amahirwe yo kurangiza amashuri ye akiri muto dore ko n’abasoje ayisumbuye none harimo n’abafite imyaka 15.
Ubundi buri gihembwe kigenewe ko abana biga amasomo 24 mu rurimi ry’Icyongereza bita Paces, ariko bitewe n’ubushobozi bw’umwana akaba anashobora kuyiga mu kwezi kumwe n’igice agahita akomeza amasomo igihembwe gikurikira.
Umuyobozi wungirije ushinzwe Amasomo muri Trinity International Academy, Eric Kambale, yashimiye ababyeyi bajyanye abana babo muri iki kigo, ashishikariza n’abatarabikora kubazana, abibutsa ko uburezi bushingiye ku iyobokamana ari isoko y’ubuzima butazima.
Ati ‘‘Hatariho inyigisho zishingiye kuri Bibiliya, uburezi bwaba ari ukwiga igitabo gusa kuruta gutegura ubuzima. Binyuze mu nyigisho za gikirisitu, turi guhundura ubuzima mu buryo bw’iteka ryose’’.
Abanyeshuri basoreje amasomo muri Trinity International Academy, bahawe impamyabumenyi zo mu Bwongereza zizwi nka International Certificate of Christian Education - ICCE /UK.
Umwe mu banyeshuri basoje amasomo wavuze mu izina rya bagenzi be, Ntawe Nicole, yasezeranyije ababyeyi n’ubuyobozi bw’iki kigo ko ubumenyi buhanitse bunashingiye ku ndangagaciro za Gikirisitu bacyungukiyemo, bazabukoresha mu guhindura Isi nziza.
Ati ‘‘Ubu dufite ubumenyi twungutse mu myaka ishize buzaturemera ejo h’agaciro gakomeye. Dufatanyije dushobora kuzana itandukaniro atari mu buzima bwacu gusa, ahubwo no mu buzima bw’abandi’’.
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Trinity International Academy, Past Joel M. Sengoga, yashimiye abanyeshuri basoje amasomo yabo, ku bwo kudatenguha ababyeyi babo n’ubuyobozi bw’iki kigo bwari bubafitiye icyizere guhera mu itangira ry’amasomo yabo.
Ati ‘"Mwarakoze ku muhate mwagize mu rugendo rwanyu rw’amasomo muri iyi myaka mike ishize. Nongeye kubashimira ko mutadutengushye ngo muteshe agaciro icyizere twari tubafitiye, twarabizeye none bibyaye umusaruro muduteye ishema"’.
Trinity International Academy ni ishuri rimaze imyaka icyenda ritangijwe mu Rwanda, rikaba rifite porogaramu z’abanyeshuri guhera ku bana bato bo mu kiburamwaka, amashuri abanza ndetse n’ayisumbuye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!