00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri ibihumbi 25 bo mu bigo bitandukanye basuzumwe indwara z’amaso

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 19 March 2019 saa 10:30
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) ifatanyije n’Ikigo mpuzamahanga cyita ku burwayi bw’amaso (RIIO) basuzumye ku buntu abanyeshuri ibihumbi 25 bo ku bigo by’amashuri 29 byo mu turere twa Bugesera na Gasabo.

Umuyobozi wa RIIO akaba n’umuganga w’amaso ku bitaro bya Dr Agarwals, Prof. Ciku Mathenge, yavuze ko bateganya gusuzuma abanyeshuri ibihumbi 30 bo ku bigo 30.

Iyi gahunda yatangijwe muri Gashyantare 2019, imaze gukorerwa abanyeshuri ibihumbi 25 barimo abagera ku 1000 basanganywe ibibazo bikomeye birimo kureba imirari n’ibindi bishobora no kubabangamira mu kwiga, bamwe bahabwa imiti ndetse mu gihe gito abakeneye indorerwamo bazazihabwa.

Kuri uyu wa 19 Werurwe ubwo basuzumaga abanyeshuri 1800 bo ku rwunge rw’amashuri rwa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, Prof. Ciku yavuze ko iyi gahunda ‘Igamije kumenya imiterere y’uburwayi bw’amaso y’abanyeshuri biga mu Rwanda’.

Ati “Nyuma yo kubasuzuma tuzamenya umubare w’abadafite ibibazo by’amaso, ababifite tumenye uko biteye, umubare w’abakeneye indorerwamo, abakeneye kuvurwa n’abakeneye kubagwa, nitubibona tubihe Minisante ibyifashishe ku igenamigambi ry’uko yagera ku banyeshuri bose mu gihugu.”

Ishimwe Gadi wiga mu mwaka wa gatatu, yavuze ko amaranye imyaka 10 uburwayi bw’amaso ndetse ko yivuje inshuro nyinshi.

Ati “Iyo nigira ku itara cyangwa ku zuba mba mbona ibintu by’umukara, iyo nta zuba ryaka niga neza. Iki gikorwa cyo kuza kutuvura nacyakiriye neza kuko baje kumfasha. Bamvuye, bampa n’umuti, mfite icyizere ko nshobora gukira.”

Mugenzi we wiga mu mwaka wa kabiri witwa Mwiteneza Jeanne, yavuze ko kuva afite imyaka umunani yumvaga amaso amurya.

Ati “Kurwara amaso birambangamira kuko iyo izuba rivuye amaso arandya nkayakuba. Gusoma, iyo ari ibintu bito simbibona ariko bampaye umuti w’amazi nzajya nshyiramo.”

Umukozi w’Isomero ry’urwunge rw’amashuri rwa Kamabuye, Mukarugwiza Phoïs, yavuze ko ‘Umunyeshuri urwaye amaso biramubangamira kuko akenshi ntabwo ushobora kumufata kimwe n’abandi’.

Ati “Amaso buriya ni urugingo rukomeye rw’umwana kuko iyo umuntu ahumye kandi amaso ariyo turebesha ku kibaho kiba ari ikibazo gikomeye cyane.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Diane Gashumba, yavuze ko indwara z’amaso ziterwa n’impamvu zitandukanye zirimo umwanda, kuyavukana nk’imirari n’ibindi bigira ingaruka.

Ati “Hari abana batabasha gusoma neza bagatsindwa mu ishuri. Iyo utabasuzumye kare ntubimenya kandi bikabagiraho ingaruka mu myigire.”

Dr. Gashumba yavuze ko iki gikorwa kizafasha mu kumenya imibare y’abanyeshuri barwaye amaso n’ubufasha bakeneye bakabuhabwa.

Yavuze ko nyuma hazashakwa uburyo cyagezwa no ku bindi bigo by’amashuri mu gihugu hose ariko agira inama abanyarwanda yo kugira isuku, kwirinda kwivuza magendu no kurya indyo yuzuye nk’imboga n’ibindi.

Ubushakashatsi bwakorewe ku barengeje imyaka 50 mu Rwanda mu 2015, bwerekanye ko umuntu 1% afite ubuhumyi, 84% by’ubu buhumyi bwatewe n’indwara z’amaso zivurwa zigakira naho 4.4% ntibabona neza.

Abanyeshuri ibihumbi 25 bo mu bigo by’amashuri 29 basuzumwe indwara z’amaso
Abanyeshuri 1800 ba GS Kamabuye basuzumwe indwara z'amaso
Minisitiri Dr. Gashumba ari kumwe na Prof. Ciku mu gikorwa cyo gusuzuma abanyeshuri indwara z'amaso
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Diane Gashumba, yavuze ko indwara z’amaso ziterwa n’impamvu zitandukanye zirimo umwanda, kuyavukana nk’imirari n’ibindi
Mwiteneza Jeanne, yavuze ko kuva afite imyaka umunani yumvaga amaso amurya
Prof. Ciku yavuze ko iyi gahunda ‘Igamije kumenya imiterere y’uburwayi bw’amaso y’abanyeshuri biga mu Rwanda\
Umukozi w’Isomero ry’urwunge rw’amashuri rwa Kamabuye, Mukarugwiza Phoïs, yavuze ko ‘Umunyeshuri urwaye amaso bimugora gukurikira amasomo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages