Aba bapolisi baturutse mu bihugu birimo igihugu cya Ethiopia, Kenya, Somalia, Sudani, Uganda, Danemark, ibirwa bya Comore n’u Rwanda rwayakiriye, bahawe ubumenyi bubategura gukora neza akazi mu gihe bazaba bari mu butumwa nk’uko tubikesha polisi y’u Rwanda.
Umuyobozi wa Polisi y’igihugu wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda, yabashimiye uko bitwaye mu gukurikirana amaso ku buryo ubumenyi bahavanye buzabagirira akamaro ibihugu byabo n’Isi yose muri rusange. Yabasabye kandi gushyira mu bikorwa ibyo bakuye muri aya masomo uko bikwiye.
Marizamunda yashimiye ishuri rya Polisi i Gishari uburyo ryafashije mu migendekere myiza y’aya mahugurwa kuva atangiye kugeza ku musozo.
Aya mahugurwa, yateguwe n’Umutwe wa Polisi wo mu karere k’i Burasirazuba bwa Afurika, ushinzwe gutabara aho rukomeye (EASF).
Polisi y’ u Rwanda yafashe ingamba zo kongerera ubumenyi Abapolisi kugira ngo babashe guhangana n’ibibazo by’ umutekano bigenda bihindura isura.
Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bategurwa neza, aho bahabwa ubumenyi bubafasha kuzuza neza inshingano zabo hirya no hino mu butumwa bw’amahoro.



















TANGA IGITEKEREZO