Aya mahugurwa yasojwe kuri uyu wa Kane, yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’umutwe udasanzwe mu nzego z’umutekano za Qatar uzwi nka Lekhwiya. Yitabiriwe n’abapolisi 209.
Yamaze ibyumweru bitandatu abera mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (CTTC) giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera.
Muri ayo mahugurwa, abapolisi bayitabiriye bahawe ubumenyi n’ubushobozi bushya buzabafasha mu kunoza inshingano zabo zo kurinda umutekano w’abantu n’ibintu, ndetse no guhangana n’ibikorwa bishobora guhungabanya ituze rusange.
Amahugurwa yibanze ku ngingo zirimo uburyo bwo kurinda abanyacyubahiro, guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba bikorerwa mu bice by’imijyi, guhosha imyigaragambyo no kugarura ituze mu gihe habaye ibibazo by’umutekano.
Mu gusoza aya mahugurwa, CP Vincent Sano yashimiye uruhare rw’abayateguye n’abayitabiriye, agaragaza ko kongera ubushobozi bw’abapolisi ari ingenzi mu guhangana n’ibibazo bishya by’umutekano.
Polisi y’u Rwanda ikomeje kongera ubumenyi bw’abapolisi binyuze mu mahugurwa atandukanye agamije kubongerera ubushobozi mu kurinda umutekano w’igihugu no guhangana n’ibikorwa bishobora kuwuhungabanya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!