00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarangije mu ishuri rikuru Akilah basabwe kwihangira imirimo

Yanditswe na

Tombola Felicie

Kuya 18 August 2015 saa 11:23
Yasuwe :

Abanyeshuri 45 barangije amasomo mu ishuri Akilah Institute for Women basabwe ko, aho kubungana amabaruwa bashakisha akazi, bajya kwihangira imirimo ndetse bakanayitanga ku bandi kuko ari byo igihugu kibatezeho.

Ku itariki ya 14 Kanama 2015 ni bwo habaye umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri 45 barangije amasomo yo kwihangira imirimo (Entrepreunership) ndetse n’amasomo yo kwakira abantu (Hospitality Management), bikaba byari ku nshuro ya gatatu Akilah Institute for Women itanga impamyabushobozi.

Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro (WDA), Gasana Jerôme yasabye abahawe impamyabushobozi kujya kwihangira imirimo aho kujya kuyisaba kuko bitabaye bityo, ibyo Leta ibifuzaho bitaba bigezweho.

Ati “Nka Leta ntabwo twifuza ko muzajya kwaka akazi, ahubwo turifuza ko mwazajya guhanga akazi namwe mukagatanga kuko bitabaye bityo, ibyo tubifuzagaho ntabwo byaba bigezweho.”

Umuyobozi washize Ishuri Akilah Institute for Women, Elizabeth Dearbon n’umugabo we Dave Gughes, basabye abanyeshuri barangije kugenda bakaba urumuri muri sosiyete, aho batuye ku buryo inzozi ze zo kuzamura umugore zizagerwaho na we akishimira kwitwa umubyeyi wabo.

Elisabeth Dearbon ati “Nk’umubyeyi wababyaye ndifuza ko namwe mugenda mukaba icyitegererezo kandi mukaba abayobozi beza ba Afurika. Mugende mushyire mu bikorwa ibyo mwize, mwihangire imirimo kandi muyitange.”

Umunyeshuri Mugunga Meggy warangije mu ishami ryo kwihangira imirimo ati “Nk’umuntu wize ibyo kwihangira imirimo ndumva ngiye gutangiza Company ikora ibyo kwamamaza kandi nzatanga akazi ku bandi bazamfasha, ntabwo ngiye hanze nk’umuntu ugiye gusaba akazi ahubwo nk’umuntu ugiye kukihangira.”

Umulisa Solange umuyobozi wungirije muri Akilah Institute for Women mu Ishami ry’u Rwanda yashimiye abanyeshuri barangije amasomo yabo maze ahamya ko abo banyeshuri bazashyira mu bikorwa ibyo bize kuko bakoranaga umuhati.

Ishuri Akilah Institute for Women ryafunguye imiryango mu mwaka wa 2010 ritangirana n’abanyeshuri 50.

Akilah bisobanura “wisdom” ubuhanga. Kuri ubu Akilah Institute for Women ikorera mu Rwanda no mu Burundi, ikaba ifite intego yo kuzamura umugore mu kwihangira imirimo no kwiteza imbere.

Elizabeth Dearbon washinze Akilah Institute for Women, hamwe n'umuyobozi wa WDA Gasana Jerome
Basabwe kutabungana amabaruwa asaba akazi ahubwo bakihangira imirimo bakanayihangira abandi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages