00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarema n’abakorera mu isoko rya Gicumbi barinubira ko rishaje

Yanditswe na Evence Ngirabatware
Kuya 20 February 2024 saa 08:21
Yasuwe :

Isoko rya Kijyambere ry’akarere ka Gicumbi riherereye mu murenge wa Byumba, mu kagari ka Gisuna, abarirema bavuga ko rimaze gusaza ku buryo hakenewe irishya cyangwa rikavugururwa.

Abaturage barema iri soko, bavuga ko babangamirwa cyane no kuba ibicuruzwa byabo bikunze kwangirika kuko iyo imvura iguye ibicuruzwa byabo biranyagirwa, kubera imireko itwara amazi y’imvura yamaze kwangirika.

Kanamugire François, umwe mu barema isoko rya Byumba yagize ati “Hano mu isoko imireko itwara amazi ku mabati yakozwe nabi. Iyo uri gucuruza nk’imyenda uri gukorera ahantu hari imireko yangiritse, iyo imyenda iguyemo amazi y’imvura umuntu aba ahombye.”

Undi witwa Mukaremera yagize ati “ Twebwe ducuruza imyaka irimo imboga n’amafu y’ ubugari n’ ibindi byo kurya, dukorera mu gice cyo hepfo mu isoko. Iyo imvura iguye amazi yose nitwe aruhuhukiraho, ubwo kugaburira abakiliya ibintu byaguyemo umwanda urumva twapfa kubiceceka. Nibadufashe turebe ko ryakorwa neza.”

Ni ikibazo ubuyobozi budahakana ko gihari, ariko bwemeza ko bafite gahunda yo gukora inyigo z’uburyo bwo kurisana.

Meya w’agateganyo w’akarere ka Gicumbi Uwera Parfaite yavuze ko iki kibazo bari kugishakira umuti.

Ati “Harateganywa gukora inzira z’amazi zose, duhereye ku mireko n’ibigega by’isoko. Hagiye gukorwa inyigo yabyo. Ntabwo twari twabona ingengo y’imari izakoreshwa, twatangiye gukora inyigo yo kureba ibyangiritse ngo tumenye neza ibigomba gusanwa.”.

Abaturage bavuga ko mu gihe batari bubakirwa isoko rigezweho hagomba kugira igikorwa kugira ngo ibicuruzwa byabo bidakomeza kwangirika.

Amazi y'imvura iyo avuye ku mabati ameneka ku bicuruzwa by'abahakorera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages