Iyi gahunda ya Umusemburo w’ireme ry’uburezi yakorewe mu turere 17 tw’u Rwanda twari dufite ibibazo mu bijyanye n’uburezi kurusha utundi igera mu bigo 1300 by’amashuri abanza n’ayisumbuye.
Iyi gahunda izarangirana na Ukuboza 2021 yatanze amahugurwa y’imiyoborere myiza ku bayobozi bafite aho bahurira n’uburezi, itoza abarimu kwishakamo ibisubizo (coaching) ndetse ibaha n’ubufashamyumvire.
LTLT ni gahunda yashyizwe mu bikorwa n’Umuryango w’Ababiligi wita ku Iterambere ry’Uburezi, VVOB Rwanda ifatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Uburezi, REB, Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’Uburezi (UR-CE) ku nkunga y’Umuryango Mastercard Foundation ndetse na Leta y’u Bubiligi.
Umuyobozi ushinzwe uburezi mu Karere ka Nyagatare, Batamuliza Edith, yavuze ko LTLT yatumye azamuka mu ntera ava ku buyobozi bw’ishuri yayobaraga ubu akaba ushinzwe uburezi mu karere nyuma yo kwiga inkingi eshanu z’imiyoborere myiza mu burezi.
Ati “Ngeze mu Karere rero icyakurikiyeho ni iki, naravuze nti ese ko mvuye hariya abasigayeyo barabyumva nk’uko byumva twakora iki kugira ngo tugendane. Aho niho navugaga ko buri murenge wicaye ukareba ibibazo biwugarije n’icyakorwa ngo tubirwanye.”
“Twageze rero ku rwego rwo guhura nk’Akarere dusanga ikintu kitwugarije cyane ari abanyeshuri badatsinda neza. Ubu intego twihaye ni uko tugomba kurwanya imitsindire mibi binyuze mu gutoza abarimu no gukurikirana neza abanyeshuri.”
Umuyobozi wa UR-CE yatanze aya mahugurwa, Dr Nsanganwimana Florien, yavuze ko amasomo yatanzwe arimo afasha abayobozi b’amashuri kuyobora neza bashyiraho igenamigambi ry’ibigo byabo ndetse n’amasomo afasha abarimu kunoza akazi bakora.
Ati “Nyuma y’uko iyi gahunda y’imyaka itanu irangiye, ntabwo tugiye guhagararira aho, ahubwo tugiye gusigasira ibyo twagezeho, dukorana n’abo twahuguye bose, dusubira kubasura dufatanyije na REB, ibindi ni ugukomeza kureba uko andi mashuri ataragezweho nayo yafashwa.”
Umuyobozi ushinzwe porogaramu za VVOB Rwanda, Mariam Kiggundu, yavuze ko LTLT yageze ku ntego yayo ku rugero rwa 95%, ndetse ko bafite gahunda yo gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda binyuze mu zindi porogaramu bafite.
Ati “Dushaka gukomeza guteza imbere uburezi bwo mu Rwanda, tuzi igikenewe n’uko twakigeraho, twakoreye mu Turere 17, rero tugiye no kugera mu tundi turere mu Rwanda kuko dushaka ko abayobozi b’ibigo bazana impunduka mu bigo byabo.”
LTLT yatangiye muri Mutarama 2017 izarangira mu mpera za Ukuboza 2021, ikaba yarahuguye abagenzuzi 228 b’ireme ry’uburezi mu Mirenge, abafashamyumvire bo mu mashuri 1 253, abarimu 1 522 bayoboye amasomo ya siyansi mu bigo bitandukanye ndetse n’abandi 48 bo mashuri yigisha abarimu, TTC.
Amafoto: Shumbusho Djasiri



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!