Byatangajwe kuri uyu wa 3 Mutarama 2020 mu kiganiro Polisi y’igihugu yagiranye n’abanyamakuru kigaruka ku migendekere y’umutekano mu mwaka wa 2019 n’ibiteganyijwe mu 2020.
Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, CP Rafiki Mujiji, yavuze ko bimenyerewe ko umuntu ufashwe atwaye ikinyabiziga yanyoye ibinyobwa bisindisha ‘acibwa amafaranga akanafungwa iminsi itanu mu gihe hakorwa iperereza’.
Ati “Abantu bafashwe kuko batwaye ibinyabiziga banyoye bakarenza ibipimo ni 2597 mu mwaka wose. Abafashwe kubera barengeje umuvuduko, abishe utugabanyamuvuduko ni 12 755, abandikiwe kuko batakoresheje isukuzuma ry’ibinyabiziga ni 30 042.”
Amategeko ateganya ko umuyobozi w’ikinyabiziga ufashwe atwaye yanyoye ibisindisha aba akoze icyaha gihanishwa amande y’ibihumbi 150, 000 Frw. Ufashwe yacomokoye akagabanyamuvuduko acibwa amande y’ibihumbi 200Frw mu gihe icyo gikorwa gihuriranye no kuba atwaye yarengeje umuvuduko hiyongeraho ibihumbi 50,000frw by’amande.
Ubushakashatsi butandukanye bwagaragaje ko abatwara ibinyabiziga banyoye inzoga bakora cyangwa bagateza impanuka cyane kurenza ababa batazinyoye, bikaba bibi cyane iyo bazinyoye zikarenza igipimo cyateganyijwe.
Igenzura ryakozwe na Polisi y’u Rwanda ryagaragaje ko nubwo ibitera impanuka ari byinshi, izituruka ku batwara ibinyabiziga basinze barwanyijwe byatanga umusaruro ku buryo byagera n’aho mu cyumweru cyose nta mpanuka yabaho.
Imibare ya Polisi yo muri Mutarama kugera Nzeri 2019 yerekana ko abantu 532 bishwe n’impanuka, 705 barakomereka bikomeye, 1007 bakomereka byoroheje naho imitungo irenga 1200 irangirika.
Akuma gapima ingano ya alcohol kemeza ko umuntu afite itamwemerera gutwara ikinyabiziga iyo kageze kuri garama 0.8 muri litiro y’amaraso, ariko leta iteganya kumanura ikageza kuri 0.4.



















TANGA IGITEKEREZO