00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abashoramari basabwe kubyaza umusaruro ubumenyi bw’abakobwa basaga 200 barihiwe na FAWE

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 24 September 2023 saa 04:06
Yasuwe :

Abakobwa 211 barihiwe na FAWE ku bufatanye na MasterCard Foundation bakiga Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza muri INES Ruhengeri na Kaminuza y’u Rwanda (UR) mu mashami atandukanye, bakorewe ibirori n’iki kigo ndetse bamurikirwa abashoramari kuko bafitiwe icyizere cyo kuvamo abakozi beza ku bw’ubuhanga bagaragaje mu myigire yabo.

Ni ibirori byabaye kuri uyu wa 22 Nzeri 2023, byitabirwa n’abarimo abayobozi b’iki kigo n’abafatanyabikorwa bacyo, ababyeyi, inshuti n’abo mu miryango y’abo bakobwa.

Umuhuzabikorwa wa FAWE mu Rwanda, Antonia Mutoro yibiye ibanga abashoramari, ababwira ko abo bakobwa barimo abakozi beza hakurikijwe ubushobozi bagaragaje mu myigire yabo.

Ati ‘‘Ndabwira abakoresha bari hano ko aba bakobwa mureba imbere hano ari abakozi beza, uwaba ashaka kugira ibyo ahindura mu kazi bijyanye n’imikorere myiza, dore ngaba.”

Abo bakobwa basoje amasomo yabo mu mwaka wa 2022, bashimye uruhare rwa FAWE na MasterCard Foundation babahaye amahirwe bakabasha gukabya inzozi zabo zo kubona ubumenyi bifuza mu kwiteza imbere, guteza imbere u Rwanda n’Isi muri rusange.

Icyezumutima Linah Divine, ni umwe mu bakobwa barihiwe na FAWE Rwanda akaba yararangirije amasomo ajyanye n’ubwubatsi muri Ines Ruhengeri. Yatanze ubuhamya bw’uko acyiga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye yapfushije umubyeyi we, ubuzima bukamugora we n’abavandimwe we bato kuko bakomeje kurerwa na nyirakuru utari afite ubushobozi.

Ashimira FAWE Rwanda yatekereje no ku buzima bw’abakobwa bari baratangiye gutakaza icyizere cyo kubaho, kuko yitangaho urugero rw’uwahinduriwe ubuzima.

Ati ‘‘Mama wanjye witabye Imana nkiga nko mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye, urumva nigaga muri FAWE ntabwo nari kubona ubushobozi bwo gukomeza kwiga, gusa naje kugira amahirwe mbona iyi buruse. Ubu namaze kugira akazi.’’

Mukamwezi Vestine, ni umubyeyi w’abana batanu yareze wenyine kuva mu mwaka wa 2000 abakuza bimugoye ku bwo kubura ubushoboozi.

Yatanze ubuhamya bw’ishimwe ry’ukuntu FAWE yarihiye umukobwa we witwa Igihozo Divine none akaba na we ari kugira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abavandimwe be.

Ati ‘‘FAWE Rwanda yamufashije kuvamo umukobwa muzima na we yabaye umuganga. Icyo musabira azabe umuganga mwiza w’intangarugero.’’

Aba bakobwa 211 barangije Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza, ni icyiciro cya gatatu cy’abarihiwe kaminuza na FAWE ifatanyije na MasterCard Foundation, bakaba baragiye bahabwa n’izindi nyigisho zirimo amahugurwa atandukanye abafasha gukarishya ubumenyi.

Umujyanama wa Minisitiri w’Uburezi mu bya tekiniki, Gatabazi Pascal,yavuze ko aba bakobwa batahawe ubumenyi gusa ahubwo banatewe imbaraga zo kwitinyuka bakagaragaza icyo bashoboye.

Mu 2013 ni bwo FAWE Rwanda ku bufatanye na MasterCard Foundation muri porogaramu yabo yo gutanga buruse batangiye gufasha abakobwa 1,200 biga amashuri yisumbuye. Nyuma y’imyaka icumi, abakobwa 838 barihiwe muri iyo porogaramu barangije kwiga amasomo atandukanye yiganjemo aya siyansi, imibare n’ikoranabuhanga, muri UR na INES Ruhengeri.

Abasaga 432 muri bo nyuma yo kurangiza Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza, babonye akazi abandi bakomeza amasomo mu bindi byiciro bya kaminuza yaba imbere no hanze y’u Rwanda.

Uwahagarariye MasterCard Foundation muri iki gikorwa yibukije abarangije ko bategerejweho kugira uruhare mu guteza mbere umuryango mugari
Icyezumutima Linah Divine yashimiye na FAWE Rwanda na MasterCard Foundation bakomeje kugira uruhare mu guteza imbere uburezi bw'abakobwa bari baratakaje icyizere cy'ubuzima
Mukamwezi Vestine yashimiye FAWE Rwanda yishyuriye amashuri umukobwa we ubu akaba ari kugira uruhare mu guhindura imibereho ya barumuna be
Byari ibyishimo kuri aba bakobwa barihiwe na FAWE ku bufatanye na MasterCard Foundation
Bamwe mu bize kaminuza muri iyi gahunda bakihangira imirimo, bamuritse ibikorwa byabo muri ibi birori
Bamwe mu bafatanyabikorwa ba FAWE Rwanda bitabiriye ibi birori
Bagize n'umwanya wo kugaragaza umukino ushushanya urugendo rwabo rw'imyigire
Abitabiriye ibi birori basusurukijwe binyuze mu mbyino gakondo
Abayobozi bitabiriye iki gikorwa bagize uruhare mu gushimira by'umwihariko abagize amanota menshi kurusha abandi
Abarangije kwiga bakihangira imirimo bamuritse ibikorwa byabo
Abakobwa 17 bahize abandi mu manota bashimiwe by'umwihariko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages