00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasirikare 40 b’u Rwanda boherejwe mu myitozo muri Bangladesh

Yanditswe na Jean Pierre Tuyisenge
Kuya 22 February 2018 saa 07:30
Yasuwe :

Umutwe ugizwe n’abasirikare 40 b’Ingabo z’u Rwanda biteguye kwerekeza muri Bangladesh kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2018, mu myitozo yo kubungabunga amahoro.

Ni imyitozo izitabirwa n’abasirikare 780 baturuka mu bihugu 40 byo ku migabane itandukanye.

Intego nyamukuru yayo ni ukubaka ubushobozi bw’abasirikare baturuka mu bihugu bitanga ingabo mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bya Loni. Ikindi ni uko izi ngabo zizagaragaza umuco w’ibihugu zikomokamo.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 21 Gashyantare 2018 mu Ishuri rikuru rya gisirikare i Gako, nibwo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Lt Gen Jacques Musemakweli, yahaye impanuro abagiye muri iyi myitozo bayobowe na Lt Col Theodore Gakuba.

Yabasabye kuzarangwa n’indangagaciro za RDF kandi bakaba ba ambasaderi beza b’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Ati “ Mugomba kuzagaragaza indangagaciro z’Ingabo z’u Rwanda muri iyi myitozo. Muzarangwe n’ikinyabupfura n’ubunyamwuga ku rwego rwo hejuru. Muzitwararike mu mico n’uburyo mugaragara bigomba kugaragaza isura ya RDF kandi mugahesha ishema igihugu. Umuco w’igihugu cyacu muzawugaragaze neza mu bindi bihugu mu mwanya wateguwe wo gutarama buri gihugu kigaragaza umuco wacyo”.

Iyi myitozo mpuzamahanga yo kubungabunga amahoro yateguwe n’Urwego rw’Ingabo za Amerika zikorera mu Karere k’u Buhinde, Aziya na Pacifique rufatanyije n’Ingabo za Amerika zikorera ku mugabane wa Afurika hamwe n’igihugu cya Bangladesh kizakira imyitozo.

Izabera ku Ishuri ryigisha ibyo kubungabunga amahoro riri mu Kigo cya gisirikare cyitwa Rajendrapur ahitwa Gazipur.

Lt Col Gakuba aha inama abasirikare azaba ayoboye muri iyi myitozo
Lt Gen Jacques Musemakweli yabasabye abagiye muri iyi myitozo kuzarangwa n'indangagaciro za RDF kandi bakaba ba ambasaderi beza b’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga
Umutwe ugizwe n’abasirikare 40 b’Ingabo z’u Rwanda niwo uzerekeza muri iyi myitozo
Abasirikare baha ikaze Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Lt Gen Jacques Musemakweli

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages