Ibi bikorwa bifite insanganyamatsiko igira iti “Imyaka 30 yo Kwibohora ku Bufatanye bw’Ingabo z’Igihugu, Inzego z’Umutekano n’Abaturage mu Iterambere ry’u Rwanda”.
Biteganyijwe ko bizamara amezi atatu bikorerwa mu gihugu hose, bikazibanda mu byiciro bitandukanye, bigamije guteza imbere imibereho y’abaturage, hibandwa ku buvuzi, kubungabunga ibidukikije, kubaka ibikorwaremezo, ubworozi no kubakira imiryango itishoboye.
Ingabo na Polisi by’u Rwanda byashimiye abaturage ku ruhare n’ubufatanye badahwema kugaragaza mu bikorwa byo kubungabunga umutekano n’iterambere by’u Rwanda.
Ibi bikorwa ngarukamwaka byatangiye bizwi nka ’Army Week’ bigenda byagurwa mu rwego rwo gufasha inzego z’umutekano kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Mu bikorwa byitabwaho harimo kubaka amashuri, ubuvuzi bw’indwara zitandukanye, kurengera ibidukikije n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!