Ibi byatangajwe n’umukozi ushinzwe Itumanaho muri NIDA, Mugwaneza Annette agaragaza ko byemejwe nyuma yo kubona mu Mujyi wa Kigali abagikeneye kwifotoreza Indangamuntu koranabuhanga bakiri benshi.
Mugwaneza yabwiye IGIHE ko bongeyeho ibyumweru bibiri kuva ku itariki 8-20 Nzeri 2026 aho bari gufotorera i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha mpuzamahanga gusa buri wa Mbere uba ari umunsi w’ikiruhuko ntibakora.
Ni nyuma y’uko mu Mujyi wa Kigali gufotora byari byararangiye ariko ubwo hagatangizwaga imurikagurisha mpuzamahanga, NIDA yafunguye ‘stand’ yo kuhafotorera abacikanwe ariko baba benshi.
Ati “Twatangiriye mu imurikagurisha abantu baba benshi dusaba ko twakomeza tugafotora n’abandi basigaye.”
Kuva imurikagurisha ryarangira ku itariki 17 Kanama 2026, NIDA yari yakomeje gufotora Abanyakigali bacikanwe ariko na bwo bakomeza kuba benshi kuko yagombaga gusoza iki gikorwa ku itariki 6 Nzeri 2026 ariko bari bacyiza.
Gahunda yo kwifotoza mu mujyi wa Kigali yari yatangijwe kumugararo kuwa 7 Gashyantare 2026. Byari biteganyijwe ko izamara ibyumweru birindwi, bivuze ko yari gusozwa taliki 4 Mata 2024. Gusa byagaragaye ko hari abo iyi gahunda yasojwe batarifotoza.
NIDA ivuga ko guhera taliki 8 Nzeri 2026 iyi gahunda izakomereza mu tundi turere twa Nyabihu, Nyamasheke, Nyamagabe na Nyaruguru, igakomereza mu karere ka Rusizi guhera taliki 14 Nzeri ikazasorezwa mu turere twa Musanze, Burera na Rubavu.
Kugeza ubu NIDA itangaza ko abagera kuri miliyoni umunani n’ibihumbi 300 ari bo bamaze gutanga imyirondoro yabo kugeza mu mpera z’ukwezi kwa Kanama.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!