Ibi ni bimwe mu byagarutsweho mu ihuriro ry’abayobozi b’impuzamahuriro z’amakoperative atandukanye akorera mu Rwanda mu mahugurwa ku mikorere y’amakoperative.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe amakoperative, Mugabo Damien, yagarutse ku miyoborere n’imicungire y’umutungo w’abanyamuryango b’amakoperative, agaya cyane abayobozi basahurira umutungo mu mifuka yabo.
Yagize ati “Tumaze iminsi twumva ubuyobozi bubi mu makoperative, aho banyereje imitungo y’abaturage, ibyo bintu ntimukwiye kubyemera kuko abaturage nibo babazamuye babashyira muri ubu buyobozi, bazajya bavuga ko mwatatiriye igihango. Umuntu agende arye koperative ayimare [...] ejo tukumva ngo yagiye Kampala...yagiye muri Sudani, asize yejeje koperative!”
Hagarutswe kandi ku bayobozi barigisa ibitabo birimo imigabane y’abanyamuryango n’amafaranga y’inguzanyo afatwa n’abayobozi bitamenyeshejwe inteko rusange, abanyamuryango bagasigara bishyura ideni batazi icyo ryakoze n’ibindi bibazo bitandukanye.
Umuyobozi w’Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative, Katabarwa Augustin, yavuze ko” ubumenyi bucye ku banyamuryango b’amakoperative bujyanye no kudasobanukirwa uburenganzira bwabo butuma hari abayobozi b’amakoperative babwuririraho bagahemukira abanyamuryango.
Katabarwa yakomeje avuga ko n’ubwo bimeze bityo hakiri koperative zimwe ziri ku isonga mu mikorere myiza.
Guhugurwa no kwigishwa akaba ari intwaro bazakomeza gukoresha barwanya imikorere mibi y’abayobozi b’amakoperative.
Aba bayobozi birinze kugira icyo batangaza ku mubare w’amafaranga yarigishijwe n’abayobozi b’amakoperative, bavuga ko ibibazo nk’ibi biri mu manza, ubundi bavuga ko nta mibare bari bitwaje muri aya mahugurwa.



















TANGA IGITEKEREZO