00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abihaye Imana basabwe kujya batanga inyigisho zifasha kubaka umuryango Nyarwanda

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 August 2025 saa 10:18
Yasuwe :

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yasabye abihaye Imana gukoresha umuhamagaro, ubumenyi, ubushobozi n’ubushishozi bafite batanga inyigisho ziboneye zifasha imiryango kubana mu mahoro no kuva mu bibazo.

Ibi yabigarutseho ku wa 9 Kanama 2025, ubwo yitabiraga ibirori yo kwizihiza Yubile y’imyaka 125 Ivanjili igeze mu Rwanda no gusoza Ihuriro ry’Umuryango ryaberaga muri Diyosezi Gatolika ya Nyundo mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Minisitiri Uwimana yashimiye Kiliziya Gatolika y’u Rwanda ibikorwa bitandukanye ikora akenshi bigira uruhare mu kubaka umuryango Nyarwanda binyuze mu nzego za komisiyo y’umuryango ziba zashyizweho.

Gusa yagaragaje ko nubwo hari byinshi byiza byagezweho ariko Umuryango Nyarwanda ugifite ibibazo biwubangamiye birimo amakimbirane mu muryango ndetse n’ibindi.

Ati “Nubwo hari byinshi byiza twishimira byagezweho, Umuryango Nyarwanda uracyafite ibibazo biwubangamiye birimo amakimbirane mu muryango, gutana kw’abashyingiranwe, kudasobanukirwa neza ihame ry’uburinganire, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, abana bata ishuri, inda ziterwa abangavu, ubusinzi, ubuzererezi, imirire mibi ndetse n’ibindi.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo Leta ikemure ibyo bibazo bisaba ko hari n’izindi nzego nyinshi ziba zikwiriye kubigiramo uruhare cyane cyane ko urwego rw’abihaye Imana bari mu bagira uruhare mu gukemura ibi bibazo binyuze mu nyigisho batanga ku bakristu.

Ati “Nk’uko umurimo ubibasaba murusheho kuba urumuri ruboneshereza abandi, inyigisho mutanga zitandukanye zibe koko umusemburo w’impinduka nziza mu iterambere ry’igihugu cyacu. Mukoreshe umuhamagaro wanyu, ubumenyi, ubushobozi n’ubushishozi kugira ngo mufashe abanyarwanda kuva mu bibazo bibugarije.”

“Ni mubigenza mutyo tuzarushaho kubona imiryango ibana mu mahoro, yuzuzanya, itanga uburere kubo ibyara, ndetse ikanuzuzunya muri gahunda z’iterambere n’imibereho yayo.”

Abihaye Imana basabwe gukomeza kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda bamagana abakomeza kuzana amacakubiri ayari yo yose, ndetse banarwanya abagifite urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Minisitiri Uwimana Consolée yasabye Abihaye Imana kujya batanga inyigisho zifasha kubaka umuryango Nyarwanda
Abashumba ba Kiliziya Gatolika mu Rwanda bari bitabiriye Ihuriro ry’Umuryango ku rwego rw’Igihugu riri kubera muri Diyosezi Gatolika ya Nyundo
Ibirori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 125 Ivanjili igeze mu Rwanda byitabiriwe n'Abapadiri benshi batandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages