Ni umuhango wabaye kuri uyu wa 18 Nyakanga 2023, ubera aho iri huriro rikorera mu Mujyi wa Kigali.
Witabiriwe na Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Baturage (UNFPA) muri Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo, Lydia Zigomo, Umuyobozi Wungirije w’Ikigega cya Koreya y’Epfo gishinzwe iterambere (KOICA) mu Rwanda, Yoo Jeehyun, imiryango ibarizwa muri AfriYAN Rwanda n’abandi baje kwifatanya na bo.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah, yavuze ko AfriYAN ari ihuriro ryiza minisiteri ayoboye yishimiye gukorana na wo, kuko urimo urubyiruko ruzi ibibazo birwugarije ariko rukagerageza no kwishakira ibisubizo.
Ati ‘‘Hari icyizere kigaragara mu bana bato, hano mbonyemo urubyiruko rufite imyaka 17, abafite imyaka 20, abakiri ku mashuri, abarangije, batekereza neza ibikorwa bijyanye no kwigisha bagenzi babo ubuzima bw’imyororokere, batekereza indi mirimo isanzwe bashobora gukorerana hagati yabo n’urundi rubyiruko bagenzi babo, hari n’abatekereza ibisubizo ku bibazo by’ikoranabuhanga’’.
Dr. Utumatwishima yanishimiye kuba AfriYAN yaratekereje ibindi bitandukanye birimo n’uburyo bwo gukemura ibibazo by’ubuzima bw’imyororokere ku bantu bafite ubumuga, avuga ko byerekana ko uyu muryango waje nk’igisubizo ku bibazo byugarije urubyiruko muri rusange.
Iki kigo cyamuritswe kirimo na studio izafasha urubyiruko rwo muri AfriYAN rufite impano mu bikorwa byo kwiteza imbere mu ikoranabuhanga ndetse no guhanga udushya binyuze mu gufotora, gutunganya amashusho no mu bugeni bwifashisha ikoranabuhanga.
Umuyobozi wa AfriYAN mu Rwanda, Dr. Evode Niyibizi, yavuze ko kumurika iki kigo ari inzozi za AfriYAN zibaye impamo, mu gukomeza kwaguka hagamijwe guteza imbere urubyiruko.
Ati ‘‘Iki ni ikintu tumaze igihe turota. Aha ni ahantu hazakoreshwa n’abanyamuryango ba AfriYAN badafite aho gukorera, badafite iyi studio, badafite hariya hantu ho kunguranira ibitekerezo hisanzuye, kugira ngo baze babe bakungukira mu kuhakorera na bo nta giciro tubaciye’’.
Dr. Niyibizi Evode kandi avuga ko iki kigo kizaba amarembo ku miryango ibarizwa muri AfriYAN, kuko izajya ihahurira bikayifasha mu kongera imbaraga mu kuganira ku mishinga bahuriyeho ndetse no kuyinoza, ku buryo n’inkunga babona zizajya zibafasha mu gukomeza kwagurira hamwe iyo mishinga mu buryo bwihuse.
Abo banyamuryango kandi bazajya baherebwa amahugurwa atandukanye muri iki kigo, bafashwe guhuzwa n’abafatanyabikorwa mu buryo bworoshye, ndetse no gukomeza guhabwa inyigisho zifasha iyo miryango kwigisha urundi rubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, ubuzima bwo mu mutwe ndetse n’ibindi birimo no kwihangira imirimo.
Umuyobozi w’Umuryango Grown To Help ufasha abana baturuka mu miryango ikennye ngo babashe kwiga, Denyse Mugabekazi, avuga ko kuba uyu muryango ubarizwa muri AfriYAN ari intambwe ikomeye mu kubaka u Rwanda rurimo urubyiruko rufite icyizere cy’ejo hazaza.
Ati ‘‘Gukorana na AfriYAN bidutera imbaraga zo gukorana n’urundi rubyiruko rufite ibikorwa byo gushyigikira urundi rubyiruko, nk’uko turigufatanya mu gushaka ibisubizo by’ibibazo abato bashobora guhura na byo. ’’.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Baturage (UNFPA) muri Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo, Lydia Zigomo, yavuze ko ari ibintu by’agaciro gakomeye kuba mu bikorwa bya AfriYAN harimo no kwigisha urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, kuko bizagira uruhare mu kugabanya umubare w’abangavu baterwa inda bakiri bato bamwe muri bo bagapfa babyara.
Ati ‘‘Dufite inshingano zo kumenya ko buri mugore cyangwa buri mukobwa uri mu gihe cyo gutwita akinyuramo neza ndetse akabaho ubuzima bwiza we n’umwana we,ndetse tukanamenya ko abatari bifuza kubyara babona uburyo bwo kuboneza urubyaro’’.
AfriYAN yatangijwe na UNFPA mu 2005 mu Gihugu cya Zambia, hagamijwe gushyiraho ibikorwa bituma urubyiruko rugira uruhare mu iterambere ry’Umugabane wa Afurika.
Uyu muryango waje kwagurirwa mu bindi bihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba bwo hagati (AfriYAN WCA), ndetse no mu Burasiraziba bushyira Amajyepfo ya Afurika (AfriYAN ESA) ari na ho u Rwanda ruherereye.
Mu Rwanda iri huriro ryashinzwe mu 2016, ubu ribarizwamo imiryango 18 ifite ibikorwa bitandukanye biteza imbere urubyiruko bikanaruha amahirwe arufasha kwiteza imbere, habanza gukemurwa ibibazo birwugarije byarubera inzitizi mu iterambere ryarwo, bigakorwa hibandwa mu kongererwa ubumenyi ku bikorwa bitandukanye.
Amafoto: Gisèle Iturize Clémence



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!