00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ahahoze isoko rya Nyabugogo hagiye kubakwa inyubako y’ubucuruzi ya miliyari 16 Frw

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 31 May 2025 saa 01:23
Yasuwe :

Mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali hakomeje kuzamurwa inyubako, ubu ahatahiwe ni i Nyabugogo ahahoze isoko, mu nkengero z’umuhanda ugana mu Mujyi rwagati.

Ni inyubako izubakwa na Sosiyete y’ubucuruzi yitwa Tetero Investment Company.

Izaba yubatse mu bice bitatu aho kubera ubutumburuke bw’ikibanza igice kimwe kizaba kigeretse inshuro icumi, icya kabiri kigeretse inshuro zirindwi mu gihe icya nyuma cya gatatu kizaba kigeretse inshuro eshanu.

Umuyobozi wa Tetero Investment Company, Kabasinge Barnabe, yagaragaje ko ibikorwa byo kubaka bizatangira mu ntangiriro za Kamena 2025.

Kabasinge yavuze ko iyi nzu izubakwa mu gihe cy’umwaka umwe urengaho gato aho biteganyijwe ko izatahwa mu mpera za 2026.

Ati “Uyu mushinga ugomba kugirira inyungu abaturage cyane cyane abawegereye n’abahaturiye. Sosiyete izubaka iyi nyubako izatanga akazi ku bantu benshi bakora ibintu bitandukanye.”

Izubakwa ku buso bwa meterokare 2200, yuzure itwaye miliyari 16 Frw.

Iki kibanza cyari kimaze imyaka myinshi hatazwi icyo kizakorerwaho
Inyubako igiye kubakwa izuzura itwaye miliyari 16 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages