00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Airtel Rwanda yafashije abanyeshuri ba RTUC gukarishya ubumenyi mu ikoranabuhanga

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 16 February 2015 saa 06:20
Yasuwe :

Mu rwego rwo gufasha mu iterambere ry’imibereho myiza nk’imwe mu nshingano zayo, Airtel Rwanda yahuguye ababyeshuri biga ubucuruzi n’ikoranabuhanga mu itumanaho muri Kaminuza yigisha Ubukerarugendo n’Amahoteli (RTUC).

Aya mahugurwa yatanzwe ubwo abo banyeshuri basuraga icyicaro gikuru cya sosiyete y’itumanaho ya Airtel, n’imwe mu minara y’iyi sosiyete mu Rwanda.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru wa Airtel Rwanda, Teddy Bhullar, ubumenyi bahabwa mu ishuri babufatanyije no gushyira mu bikorwa, byagirira akamaro gakomeye abazaba basoza amasomo, cyane ko ari na bo mbaraga z’u Rwanda rw’ejo hazaza.

Marcel Hicaberezi, asobanurira abanyeshuri ku mikorere ya za radio

Teddy Bhullar yongeyeho ati “Twizeye ko uruzinduko wakoreye aha n’amahugurwa muhaboneye, bigiye kwagura inzira mu myumvire ku ikoranabuhanga mu itumanaho. Umuryango wa Airtel na wo wishimiye kuba sosiyete y’amahitamo yanyu mu kubafasha muri aya mahugurwa.”

Mu izina ry’abanyeshuri, umwalimu akaba n’ushinzwe tekiniki ku mbuga za internet, Kudan Kumar, yavuze ko ari iby’agaciro gakomeye kuba ibyo abanyeshuri bigaga mu ishuri, bafashijwe no kubibona n’amaso kandi bakanabishyira mu bikorwa, yongeraho ko bizabafasha mu gucengerwa na byo.

Robert Muratirwa, Umukozi wa Airtel ushinzwe “Network” asobanurira abanyeswhuri uburyo ikora

Aya mahugurwa aje akurikira andi sosiyete ya Airtel yahaye abanyeshuli ba IPRC bo mu Majyepfo, bahuguwe ku byerekeranye n’iminara n’amarezo (reseaux) ndetse n’ikopranabuhanmga mu itumanaho (Information Technology).


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages