Ni Inama yayobowe na Perezida Kagame. Ubusanzwe yitabirwa n’abaminisitiri n’abanyamabanga ba Leta muri Minisiteri zose, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli (RMB).
Usibye abagize Guverinoma, abandi baba bagomba kwitabira iyi nama mu buryo buhoraho ni Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, Umunyamabanga Mukuru w’Ubunyamabanga bw’Inama y’Abaminisitiri hamwe n’ Abanditsi b’Inama y’Abaminisitiri. Bitewe n’impamvu runaka, bishobora kuba ngombwa ko hatumirwa abandi bantu kugira ngo bagire icyo bungura Inama y’Abaminisitiri ku bibazo byihariye biri ku murongo w’ibyigwa.
Iyi nama iterana rimwe mu byumweru bibiri, ku wa gatatu w’icyumweru, Gusa si ko buri gihe iterana ku wa Gatatu, ahubwo ishobora no guterana ku wundi munsi uwo ari wo wose, mu nama idasanzwe, igihe bibaye ngombwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!