Ibi yabyemeye ku wa 29 Ukwakira 2019, ubwo yatangizaga ku nshuro ya cyenda Ukwezi kw’Imiyoborere kwatangiriye i Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.
Minisitiri Shyaka yagarutse kuri bimwe mu bibazo bibangamira umuryango, cyane amakimbirane yo mu ngo, umwanda n’ibindi asaba abaturage guhangana nabyo.
Yagize ati “Mu Karere ka Musanze birazwi ko muri abakozi bahora baharanira gutera imbere, ariko byagera ku makimbirane yo mu ngo, umwanda, ku irangamimerere bikazamba. Turashaka ko ibi bintu mubirandura, isuku ku mihanda uhatambutse akayibona iburyo n’ibumoso, isuku ku mubiri no mu ngo.’’
Yakomeje avuga ko “Aho kugira ngo umugabo afunge ikofe arikubita umugore ahubwo amukubite igitenge, ibibazo byose bibangamiye umuryango mubyamagane, nanjye nemeye igihembo cya miliyoni 1 Frw ku murenge uzesa uyu muhigo.”
Abaturage bafatanyije n’abayobozi babo b’imirenge bahigiye imbere ya Minisitiri Shyaka kuzesa uyu muhigo wo kubaka umuryango n’igihugu gitekanye.
Mukamuganga Séraphine wo mu Murenge wa Muhoza yavuze ko mu bufatanye n’abayobozi bazashobora kubaka imiryango itekanye kandi bakanatwara icyo gihembo.
Yagize ati “Impanuro twahawe na Minisitiri twazumvise, amakimbirane yo mu miryango, umwanda n’ibindi yatunenzeho byose tugiye kubirandura bitarenze amezi atandatu.’’
Umuyobozi w’Umurenge wa Cyuve, Uwabera Alice, yavuze ko bagiye gushyira imbaraga mu bikorwa bisanzwe bihari byo kurwanya amakimbirane yo mu ngo.
Yagize ati “Twari dusanzwe dukora ibikorwa byo guhangana n’ibibazo byose bibangamira umuryango ariko tugiye kongeramo ingufu. Muri iki cyumweru tugiye gukora inama iduhuza n’abafatanyabikorwa bacu mbagezeho aya makuru, ikindi ni ukubarura imiryango igifitanye amakimbirane ibibazo bikemurwe.’’
Mu Karere ka Musanze hakunze kunengwa n’abayobozi batandukanye ku kibazo cy’umwanda ukigaragara hamwe na hamwe no ku baturage bamwe na bamwe.
Kuri ubu muri Musanze hari imiryango ikirangwamo amakimbirane aho ingo zisaga 6000 ifitanye ibibazo bishingiye ku mitungo n’ubuharike.
Ibi bibazo biri mu bitiza umurindi ikibazo cya gatanya zikomeje kwiyongera mu nkiko. Imibare yo mu Ugushyingo 2018 igaragaza ko hari hamaze gucibwa imanza za gatanya 1311, ni ubwikube bw’inshuro 19 ugereranyije n’umwaka wa 2017. Mu 2016 ingo zatandukanye zari 21, mu 2017 ziba 69.



















TANGA IGITEKEREZO