00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amajyepfo: Urubyiruko rwasabwe kwirinda ingeso mbi zarubuza kugera ku nzozi zarwo

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 1 November 2023 saa 11:20
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Urubyiruko, Umutoni Sandrine, yasabye urubyiruko kwirinda ingeso mbi zose zababuza kugera ku ntego zabo.

Ibi yabigarutseho ubwo yagezaga impanuro ku rubyiruko rusaga 1000 rwitabiriye ibiganiro byari bigamije kubereka uburyo bwiza bwo guhitamo imyuga ibabereye ‘career orientation fair’, byabereye mu Karere ka Huye kuri uyu wa 31 Ukwakira 2023.

Hirya no hino mu gihugu, hagaraga urubyiruko rurangiza amashuri ariko rukagorwa no kugira icyo rwakwerekezaho amaboko ngo rukore.

Bamwe muri bo bakomeza guhanga amaso Leta bayisaba akazi, mu gihe imirimo Leta itanga ari mike cyane ugereranyije n’ikenewe.

Ni na yo mpamvu politiki ya Leta ishishikariza abaturarwanda guhanga akazi, ari na yo ntego nyamukuru y’iri huriro.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, Umutoni Sandrine, yibukije urubyiruko ko rugomba kugira amahitamo y’icyo bazaba cyo hakiri kare, kugira ngo batangire gushyira imbaraga mu byo bahisemo.

Yagize ati “Murasabwa guhitamo hakiri kare umwuga muzakora, mukamenya guhitamo ibizabagirira akamaro mwebwe ubwanyu, imiryango n’igihugu cyacu. Mukwiye kugira imyitwarire n’indangagaciro bikwiye, birimo no kwigomwa iby’ako kanya kugira ngo muzagere kuri byinshi. Murasabwa kwanga umugayo, gushishikarira kugira ubuzima bwiza no gukunda umurimo.”

Minisitiri Umutoni yongeye kandi gusaba urubyiruko kugira ishyaka, kwirinda ubusinzi, kwiba, ubunebwe n’izindi ngeso mbi zose kuko ngo nta na kimwe muri byo cyabageza ku byo biyemeje gukora.

Muri iri huriro habayeho umwanya b’ibiganiro nyunguranabitekerezo, aho bamwe mu bagiye bakora ibikorwa by’indashyikirwa baganirije urubyiruko ku bunararibonye bwabo ry’inzira banyuzemo yabagejeje ku nzozi zabo.

Mu batanze ibiganiro harimo umukinnyi w’umupira w’amaguru Jimmy Mulisa, rwiyemezamirimo ukora ubucuruzi bwa kawa, Rubagumya Stafford, umunyamakuru Gloria Mukamabano ukorera RBA, rwiyemezamirimo Ruzindana Alain Christian umwe mu bashinze kompanyi yitwa Green Care Rwanda Ltd iheruka gutwara igihembo cya Youth Connekt cya miliyoni 25, ikaba ikorera muri Huye.

Iri huriro ryiswe "Career Orientation Fair". Ryateguwe na Minisiteri y’Urubyiruko ku bufatanye na UNICEF muri porogaramu yitwa ’Generatiom Unlimited’.

Urubyiruko rugera ku 1000 rwitabiriye 'career orientation fair'
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko, Umutoni Sandrine yasabye urubyiruko kwirinda ingeso mbi zose zatuma batagera ku ntego zabo
Umunyabigwi mu mupira w'amaguru mu Rwanda, Jimmy Mulisa na we yaganirije urubyiruko
Rubagumya Stafford, rwiyemezamirimo ucuruza ikawa hirya no hino mu gihugu
Ruzindana Alain Christian uherutse kwegukana miliyoni 25 Frw muri Youth Connekt aganiriza urubyiruko
Bamwe mu banyeshuri bitabiriye Career Orientation Fair hamwe n'abayobozi mu nzego zitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages