Mu itangazo iki kigo cyashyize ahagaragara, Komiseri Mukuru wa RRA, Bizimana Ruganintwali Pascal, yamenyesheje abantu bose ko imodoka ziremereye zigomba kujya zica ku yindi mipaka.
Ni umwanzuro iki kigo kivuga ko wafashwe hagamijwe “kwihutisha imirimo y’ubwubatsi irimo gukorerwa ku mupaka wa Gatuna, igamije koroshya ingendo z’abantu n’ibicuruzwa kuri uyu mupaka.”
Yakomeje ati “Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro buramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa 28 Gashyantare 2019, imodoka zose zitwaye ibicuruzwa zanyuraga ku mupaka wa Gatuna zirifashisha umupaka wa Kagitumba/Mirama hills. Amatariki yo gusubukura gukoresha umupaka wa Gatuna azatangazwa vuba.”
Iki kigo cyavuze ko kugabanya uyu muvundo z’izi modoka nini bizaha umwanya abubatsi wo gusoreza imirimo ku gihe.
Mu 2018 uyu mukapa nabwo wafunzwe nyuma y’aho byaba ku ruhande rw’u Rwanda na Uganda havutse ikibazo cy’ibibazo cyatumye imihanda yangirika.
Amakamyo yategetswe gukoresha umuhanda wa Ntungamo unyura mu misozi ya Mirama ugahura na Kagitumba, bakabona kwambuka umupaka w’u Rwanda.
Umupaka wa Gatuna niwo waroshya ingendo hagati y’ibihugu byombi kuko kuva i Gatuna ugera i Kigali mu Rwanda ari ibirometero 86.6km gusa, mu gihe uturutse Kagitumba ugana i Kigali ukoresha ibirometero 185.1, naho uturuka Cyanika uza i Kigali naho ukoresha ibirometero 130.5



















TANGA IGITEKEREZO