00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amanota y’abakoze ibizamini bya leta mu mashuri abanza n’icyiciro rusange agiye gutangazwa

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 8 January 2018 saa 04:18
Yasuwe :

Minisiteri y’Uburezi (Mineduc ) izatangaza kuwa Kabiri, tariki ya 9 Mutarama 2018, amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange mu mwaka wa 2017.

Mineduc yatangaje ko “amanota asoza amashuri abanza n’icyiciro rusange 2017 azashyirwa ahagaragara kuri uyu Kabili, saa tanu za mu gitondo mu cyumba cy’inama cya Minisiteri y’Uburezi ku Kacyiru.

Kuwa 13 Ugushyingo 2017, nibwo abanyeshuri 237,181 bazindukiye mu bizamini bisoza amashuri abanza bageza kuwa 15 Ugushyingo naho abasoza icyiciro rusange 98 268 babikora kuwa 21 Ugushyingo - 1 Ukuboza 2017.

Bitegenijwe ko igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri wa 2018 kizatangira kuwa 22 Mutarama 2018 kirangire kuwa 29 Werurwe 2018; icya kabiri gitangire kuwa 16 Mata 2018 kirangire kuwa 03 Kanama 2018 naho icya gatatu kizava kuwa 21 Kanama 2018 kigere kuwa 23 Ugushyingo 2018.

Ubwo abanyeshuri bo mu cyiciro rusange batangiraga ibizamini bya leta kuwa 21 Ugushyingo 2017

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages