Ubu bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) bwashyizwe hanze ku wa 30 Kamena 2026, bukorewe ku bagabo 4,919.
Bwagaragaje ko 23% bakorerwa ihohoterwa n’abo bashakanye rishingiye ku mubiri, ku gitsina ridasize n’amarangamutima.
Abakorewe irishingiye ku marangamutima ni 22%, abakorewe irishingiye ku mubiri ni 6%, naho abakorewe irishingiye ku gitsina ni 2%.
Ubusinzi bwagaragaye nk’intandaro y’iri hohoterwa, aho abagabo bahohotewe n’ababagore babo banywa ibisindisha ari 88%, mu gihe abahohotewe n’abagore batanywa ibisindisha ari 19%.
Iki kibazo kandi kigaragaza ko intara y’Iburengerazuba ari yo iza ku isonga mu kugira abagabo bahohoterwa cyane, ifite igipimo kiri kuri 28%. Ikurikirwa n’iy’Amajyepfo ifite 27%.
Mu Majyaruguru no mu Burasirazuba ho banganya igipimo cya 20%, mu gihe abagabo bo mu Mujyi wa Kigali ari bo bahohoterwa gake ku kigero cya 19%.
Nubwo iri hohoterwa rihangayikishije, imibare igaragaza ko abagabo bataratangira kujyana ibirego mu buyobozi mu gihe bahuye n’ihohoterwa.
Ibi Bishimangirwa nuko 32% by’abagabo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku mubiri ari bo basabye kurengerwa, naho abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina babisabye ni 8% bagiye kurega
Abasabye ubufasha bakorewe ihohoterwa rishingiye ku mubiri no ku gitsina byombi ni 24%.
Nubwo ihohoterwa mu bagabo riri kugaragara ku kigero giteye impungenge cya 23%, abagore bahohoterwa bo ni 39%.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!