00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amb. Erica Barks yanyuzwe no kunywa ku mata y’inka z’u Rwanda

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 13 March 2015 saa 01:36
Yasuwe :

Ambasaderi mushya wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Erica Barks-Ruggles, yashimiye Leta ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batuma ubucuruzi bw’amata butera imbere mu Rwanda nyuma yo gusura ikusanyirizo rya Rugobagoba mu Karere ka Kamonyi mu ntangiro tariki 11 Werurwe 2015.

Nyuma yo gusura iri kusanyirizo, kwerekwa uburyo amata apimwa ndettse no kuyanywaho , yagaragaje ko yigiye byinshi ku bunararibonye buba mu bworozi bw’u Rwanda, cyane ko ngo Umuryango we wigeze kugira inzuri muri Leta ya Minesota (USA).

Kuri uyu munsi , hagaragajwe ko amata ari kimwe mu bigize uimibereho y’Abanyarwanda ndetse akaba ari kimwe mu byiciro biterwa inkunga n’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID).

Amb. Erica Barks n'abandi bayobozi bari kumwe banyuzwe n'amata banyoye

Amata amaze kwigaragaza nka kimwe mu bizamura ubukungu bw’Abanyarwanda bushingiye ku buhinzi n’ubworozi, kandi anagira uruhare rukomeye mu kuzahura imirire y’abaturage, cyane cyane abana n’abagore batwite .

Ikusanyirizo rya Rugobagoba rifitwe na koperative igizwe n’aborozi 30, ryaguriwe ibikoresho birimo ikigega gikonjesha amata kicyamo litiro 2000, ibicuba 80, utwuma two gupimisha amata na moto y’amapine atatu (Lifan) yo kubafasha kuzana amata y’aborozi batuye mu byaro bya kure.

Amb. Erica Barks Ashimira Minisiteri y'Ubuhinzi n'abandi bagira uruhare mu guteza imbere ubucuruzi bw'amata

Inkunga yatanzwe na USAID ibarirwa agaciro k’ibihumbi 15 by’amadolari ya Amerika (asaga miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda) yari igamije gufasha mu kubungabunga ubuziranenge bw’umukamo w’inka z’aborozi bakorana n’iri kusanyirizo.

Minisitiri w’ubuhinzi, Mukeshimana Gerardine, yasabye aborozi n’inzego z’ibanze gukaza ubukangurambaga, amata yose akanyuzwa ku ikusanyirizo kuko ariho ashobora gupimirwa hakamenyekana ubuziranenge bwayo.

Yongeyeho ko abaca ku ruhande bakayacuruza badaha agaciro abandi borozi badasobora guhemukira guca mu nzira zidashobora guteza ibibazo, kandi ibyo bakora bishobora kuba inzira y’indwara zikomoka ku mata yanduye.

Abayobozi basobanurirwa uko amata agera ku ikusanyirizo apimwa hamamenyekana ubuziranenge bwayo
Ibicuba bahawe bibafasha kubika amata akagumana ubuziranenge
Lifan yahawe aborozi
Minisitiri w'ubuhinzi n'Ubworozi, Gelardine Mukeshimana na Amb. Erica Barks-Ruggles
Aho ubuziranenge bw'amata bumpimirwa
Aborozi bari kumwe n'ubuyobozi bwabashyikirije inkunga
Ingunguru ikonjesha amata bahawe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages