Ibi biganiro byabaye tariki ya 10 Gashyantare 2018, mu mujyi wa Istanbul muri Turikiya, aho Nduhungirehe yagiye guhagararira u Rwanda mu nama ya kabiri yiga ku bufatanye bw’iki gihugu na Afurika.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Nduhungirehe yavuze ko ibiganiro bye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Turikiya, Mevlüt Çavuşoğlu byibanze ku gukomeza guteza imbere umubano n’ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi.
Nduhungirehe yanaganiriye n’abayobozi b’ihuriro ry’abakora ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, byitabiriwe na Amb. Williams Nkurunziza, uhagarariye u Rwanda muri Turikiya na Tumukunde Hope, uruhagarariye mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.
Inama ku bufatanye hagati ya Turikiya na Afurika iteganyijwe tariki ya 12 Gashyantare 2018, itegurwa na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu hamwe na AU. Yaherukaga kubera muri Guinée Equatoriale mu Ugushingo 2014.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’abayiteguye rigaragaza ko izitabirwa n’abahagarariye u Rwanda, Guinea, Misiri, Nigeria, Afurika y’Epfo, Senegal, Libye, Uganda, Madagascar, Ethiopia, Togo, Gabon na Chad, ndetse n’abahagarariye AU. Ni mu gihe Djibouti, Côte d’Ivoire, Sudani, Somalia na Tanzania bizitabira nk’abatumirwa ba Turikiya, ariko ntibihabwe ijambo.



















TANGA IGITEKEREZO