Mu ijambo yagejeje ku muryango uharanira ububanyi n’amahanga (CFR),yavuzemo amagambo akomeye by’umwihariko ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Monusco.
Uyu mugore yavuze ko Guverinoma ya Congo yamunzwe na Ruswa, yongeraho ko ubusanzwe ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zoherezwa mu gihugu kugira ngo zifatanye na Guverinoma mu bikorwa byo kugarura amahoro ariko ko muri Congo atari wo murimo ziri gukora.
Ati “Mu yandi magambo, Umuryango w’Abibumbye uri gufasha Guverinoma iri gukwirakwiza imyitwarire y’ubugizi bwa nabi ku bantu bayo.”



















TANGA IGITEKEREZO