00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Angola: Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama yiga ku mutekano mu karere

Yanditswe na

Sam Kwizera

Kuya 17 May 2015 saa 09:08
Yasuwe :

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abaminisitiri b’ububanyi n’Amahanga bo mu bihugu by’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR); ibera i Luanda muri Angola yiga ku bibazo by’umutekano mu karere.

Ingingo zikomeye zibandwaho zikaba ari ugutegurira hamwe inama idasanzwe izahuza abakuru b’ibihugu bigize ICGLR ku wa 18 Gicurasi 2015 bakaba banasuzuma uko umutekano w’ibihugu bigize uyu muryango uhagaze muri rusange.

Nta byinshi biratangazwa kuri iyi nama ariko iteranye mu gihe imwe mu myanzuro yafashwe ku kurwanya imitwe yitwaje intwaro itarahashywa nk’uko byari biteganijwe.

Inabaye kandi mu gihe kimwe mu gihe u Burundi nka kimwe mu bihugu bigize uyu muryango, kiri mu mvururu zishingiye kuri manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza itavugwaho rumwe hakaba kandi haherutse kuburizwamo umugambi wo guhirika ubutegetsi.

ICGLR igizwe n’ibihugu 12 byo mu karere birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Uganda, Sudani y’Epfo, Tanzania, Repubulika ya Centrafrique, Sudani,u Rwanda, Kenya, Burundi, Zambia, Congo Brazaville na Angola ari nayo iyobora uyu muryango kuva muri 2014.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages