00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Asaga miliyoni 560 Frw agiye gukoreshwa mu kongerera ubushobozi radio z’abaturage

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 13 December 2016 saa 08:25
Yasuwe :

Mu rwego rwo gufasha radio z’abaturage kurushaho kugira uruhare mu guteza imbere imiyoborere myiza, Umuryango Huguka ku nkunga y’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi (EU) ugiye gukoresha asaga miliyoni 560 z’amanyarwanda mu mushinga ugamije kongerera izi radio ubushobozi.

Ibikorwa by’uyu mushinga watangijwe ku mugaragaro ku itariki ya 13 Ukuboza 2016, bizagera kuri radio enye z’abaturage ari zo Radio Izuba, Radio Huguka, Radio Huye na Radio Ishingiro.

Umuyobozi w’Umuryango Huguka, Ndekezi Eugene yavuze mu gihe cy’imyaka itatu izi radio zizubakirwa ubushobozi kugira ngo zibashe kugira ibiganiro byiza, bifite ireme kandi biha abaturage n’abayobozi urubuga rwo kuganira.

Ati “Aho ngaho rero ni ho dushaka gushyira imbaraga ariko mbere na mbere tukibanda ku micungire yayo maradio, ni byiza ko agomba kuyoborwa neza, agakora kugira ngo abashe kubona umutungo w’amafaranga ayafasha kugera ku bindi bikorwa.”

Ndekezi yakomeje avuga ko kugira ngo ariya maradio abashe kugira uruhare mu miyoborere myiza ari uko agira abanyamakuru bafite ubushobozi bwo gutegura ibiganiro biha ijambo abaturage.

Yongeyeho ko uretse amahugurwa azahabwa abayobozi n’abanyamakuru, hazakorwa igenzura rigaragaza ibyo abaturage bifuza kumva, ari nabyo bizashingirwa hategurwa ibiganiro bishya.

Ambasaderi wa EU mu Rwanda, Michael Ryan yavuze ko nubwo basanzwe bibanda ku bikorwa by’ubuhinzi, basanga radio z’abaturage ari imwe mu nzira zishobora gutuma abaturage bagera ku iterambere rirambye kandi bagizemo uruhare.

Yakomeje avuga ko ari uburyo bwiza abaturage bashobora kwifashisha basaba abayobozi babo ibisobanuro kuri gahunda runaka ndetse n’abayobozi bakazifashisha basobanura gahunda zitandukanye bateganya gushyira mu bikorwa.

Uyu mushinga uzakorwa mu gihe cy’imyaka itatu watangiye gushyirwa mu bikorwa ku itariki ya 1 Mutarama 2016, uzasozwa ku itariki ya 31 Ukuboza 2018.

Ambasaderi wa EU mu Rwanda, Michael Ryan
Umuyobozi wa Huguka, Ndekezi Eugene

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages