00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ba rwiyemezamirimo 60 b’abagore bagiye guhugurwa ku gukorana n’ibigo by’imari

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 14 December 2021 saa 09:40
Yasuwe :

Ba rwiyemezamirimo bato 60 b’abagore batangiye amahugurwa y’iminsi ibiri azabafasha kumenya uko bakorana neza n’ibigo by’imari mu bucuruzi bwabo kuko byagaragaye ko hari abatumva neza imikorere yabyo n’icyo byabamarira.

Aya mahugurwa batangiye kuri uyu wa 13 Ukuboza, bazayahabwa n’Ikigo Mpuzamahanga gifasha ba rwiyemezamirimo, BPN, gifatanyije na I&M Bank Rwanda ndetse n’umuryango MasterCard Foundation.

Umuyobozi wa BPN Rwanda, Nkurikiye Alice, yavuze ko ikigamijwe ari ugufasha ba rwiyemezamirimo kumva neza akamaro ko gukorana na banki kugira ngo imishinga yabo itere imbere kurushaho.

Ati “Umuntu yasangaga ba rwiyemezamirimo batumva neza icyo banki yabamarira cyangwa se ugasanga banki ntizumva neza ubuzima babayemo.

“Iki gikorwa rero twagiteguranye na I&M Bank Rwanda kugira ngo dufashe ba rwiyemezamirimo na banki kuganira no kumvikana kugira ngo rwiyemezamirimo amenye serivisi zindi yabona mu bigo by’imari bifashe umushinga we gukora neza no gutera imbere.”

Umuyobozi wa I&M Bank Rwanda, Robin Bairstow, yavuze ko icyo bagambiriye nka banki ari ugufasha ba rwiyemezamirimo kuva ku rwego rumwe bajya ku rundi, kuko ari bo nkingi y’iterambere ry’ubukungu bw’igihugu.

Yagaragaje ko imirimo irindwi mu icumi mishya itangwa na ba rwiyemezamirimo bato.

Yakomeje ati “Dufite ubukangurambaga twatangije bwitwa ‘Ganza na I&M Bank’ bwibanda cyane kuri ba rwiyemezamirimo bato ndetse n’iterambere ry’imishinga yabo.”

“Binyuze muri iyi gahunda rero tugiye kubaha ubumenyi muri aya mahugurwa bitandukanye n’ibimenyerewe mu ma banki byo kubaha inguzanyo gusa.”

Robin yagaragaje ko imishinga mito n’iciriritse (SMEs) ariyo Isi izagenderaho mu kuziba icyuho cy’imirimo mishya igera kuri miliyoni 600 izakenerwa mu myaka icyenda iri imbere.

Umuyobozi wa Mastercard Foundation mu Rwanda, Rica Rwigamba, yavuze ko uyu muryango nawo ufite intego yo guhanga imirimo mishya mu rubyiruko n’abagore akaba ariyo mpamvu batanga ubufasha bwo guteza imbere ba rwiyemezamirimo.

Ati “Dufite umushinga witwa Hanga Ahazaza ugamije guhanga imirimo mu bukerarugendo mu rubyiruko, rero uburyo tubigeraho ni uko dufatanya n’abafatanyabikorwa nka I&M Bank Rwanda, aho yibanda cyane mu gutanga inguzanyo kuri ba rwiyemezamirimo bari mu mwuga w’ubukerarugendo n’amahoteli.”

Umwe muri ba rwiyemezamirimo bazahabwa amahugurwa, Dushimimana Miriam, yavuze ko ayitezemo byinshi.

Ati “Aya mahugurwa ni ingenzi cyane ku bagore kuko ari abantu badakunda kugira amakuru ahagije mu mikoranire n’inzego zibafasha cyane izibaha amafaranga nka banki. Amahugurwa nk’aya numva azamfasha kumenya uko nkorana na banki.”

Aya mahugurwa azatangwamo amasomo afasha ba rwiyemezamirimo kumenya uko bagera ku mari, bibafasha kuzamuka mu ntera.

Rica Rwigamba uyobora Mastercard Foundation yavuze ko bimwe mu bibazo ba rwiyemezamirimo b'abagore bakunda guhura nabyo harimo no kugera ku imari
Umuyobozi wa BPN Rwanda, Nkurikiye Alice, yavuze ko impamvu bahisemo abagore ari uko basanze benshi baba badafite amakuru y'uko bateza imbere imishinga yabo
Amahugurwa azamara iminsi ibiri, aho azatangwa mu matsinda abiri, rimwe rifite abantu 30
Aya mahugurwa atangwa n'inzobere mu guhugura abantu zituruka muri BPN
Dushimimana Miriam ukora mu bijyanye n'ubuhinzi n'ubworozi yavuze ko yiteze kubona amakuru y'uko yakorana neza na banki
Umuyobozi wa I&M Bank Rwanda, Robin Bairstow, yavuze ko icyo iyi banki igamije ari ukuzamura ba rwiyemezamirimo bakajya ku rwego rurenze urwo bariho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages