00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bamwe mu bimuwe ahazanyuzwa umuhanda Rubavu-Rutsiro bubatse mu mbago zawo

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 25 July 2015 saa 08:18
Yasuwe :

Mu gihe hasigaye igihe gito umuhanda Pfunda-Gisiza, uzahuza Akarere ka Rubavu na Rutsiro, ngo utangire kubakwa bamwe mu baturage bahawe ingurane bongeye kubaka mu mbago zawo, bakaba bavuga ko babitewe n’uko batigeze berekwa aho batagombaga kurenga.

Radiyo Rwanda yatangaje ko mu baturage bongeye kubaka mu mbago z’uyu muhanda barimo abatarahabwa ingurane, hakabamo n’abazihawe bavuga ko babitewe n’uko bavuga ko babitewe n’uko bataberetse imbago z’umuhanda kandi no kuba barabaruriye inzu zimwe izindi bakazireka byatumye bumva ko ko aho batishyuwe bagomba kuhashyira ibikorwa byabo.

Umwe mu baturage yagize ati “Kubera ko amafaranga bampaye atari kuvamo ikibanza n’inzu nahisemo gutema intoki kugirango mbone aho nzubaka, ni bwo numvise mu gihe cyo kubarura bavuga ko bazatubarura nyuma kuko bari baratwishyuye.”

Uwo muhanda witezweho byinshi ku banya Rutsiro

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bugiye kureba icyakorwa bufatanyije n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi (RTDA) mu rwego rwo gushakira aba baturage igisubizo kibibakwiye.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Marie Grace Uwampayizina yagize ati “Turajya inama inama turebe igishobora gukorwa ariko na none hagati aho ibyo natwe twashoboye gukurikirana ni uko abaturage batubwira ko bishyuwe koko ariko uyu munsi bakaba bafite ikibazo cy’uko batazi aho bagomba kugarukira, bivuga ngo barishyuwe ariko ntihagira imbago zijyaho.”

Yakomeje agira ati “Rero turasaba RTDA kugira ngo ize idufashe izo mbago zibanze zigaragare natwe tuganire n’abaturage tuzi aho bagomba kugarukira tuzi n’icyo tugomba kubasaba.”

Uyu muhanda Pfunda-Gisiza uzahuza Akarere ka Rubavu na Rutsiro aho ku ruhande rw’Akarere ka Rubavu ukaba uzakora ku Mirenge ya Nyundo na Nyamyumba ahasanzwe iki kibazo aho biteganyijwe ko uzaba watangiye kubakwa muri uyu mwaka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages