00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Basanga Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ikwiye gutera amahanga isoni

Yanditswe na

Rutikanga Paul

Kuya 5 September 2015 saa 02:57
Yasuwe :

Itsinda ry’abantu 33 barimo abasirikare n’abasivile baturutse mu ishuri ry’igisha iby’amahoro (Rwanda Peace Academy) aho bari mu mahugurwa y’ibyumweru bibiri, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gisozi, bavuga ko ibyabaye mu Rwanda bikwiye gutera isoni amahanga ataragize icyo akora.

Aba basirikare barimo n’abasivile baturutse mu bihugu 7 bya Afurika basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gisozi kuri uyu wa gatandatu tariki 5 Nzeli 2015.

Uwaturutse mu ngabo za Kenya (Kenya Defense Force), Col.Makunga Leonard, yavuze ko amahanga yari afite ubushobozi bwo kugira icyo akora ku byabaga ari ko yahisemo kurebera.

Yagize ati “Ibi ni ibintu mu by’ukuri bitari bikwiye kubaho, kuba byarabaye ndetse bikaba ku baturanyi bacu biteye isoni [...] amahanga arebera ntagire ubutabazi atanga rwose biteye isoni.”

Col.Makunga Leonard wo muri Kenya Defense Force

Yongeyeho ko ibyabaye mu mwa wa 1994 mu Rwanda bidakwiye kuba ukundi aho ari ho hose, ko ahubwo ari isomo ku batuye Isi bose.

Undi waturutse mu birwa bya Comoros, Capt.Abdullah Salim, yavuze ko ibyo basobanuriwe ari inyigisho ihagije ku mahanga, kandi ari n’umwanya wo kwigaya, kuko ntacyo yakoze mu gihe byashobokaga ko atabara.

Yashimangiye ko ibyabaye bidakwiye kuzasubira ukundi, kuko nta keza k’ibyabaye, asezeranya uruhare rwabo nk’ingabo, kuko zimwe mu zari ziriho icyo gihe zitagize ubushake bwo gutabara.

Mu masomo bahabwa muri Rwanda Peace Academy harimo ajyanye no gufasha imirimo ya gisirikare kugenda neza mu gihe bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Gusura urwibutso no gusobanurirwa amwe mu mateka y’u Rwanda bijyanye n’amahugurwa bahabwa, kuko byibutsa inshingano yo gutabara.

Basobanuriwe byinshi ku mateka y'u Rwanda by'Umwihariko urupfu abashyinguye aho bapfuye
Basobanuriwe inzira y'umusaraba abishwe banyuzemo
Bashyize indabo ku mva zishyinguyemo abasaga 259,000 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Benshi bahavuye bavuga ko Amahanga yakabaye ifitiye umwenda u Rwanda

Rutikanga Paul
[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages