00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bavuye ku bilo 50 bagera kuri toni 200: Iterambere rya COMINYABU icukura amabuye y’agaciro i Rubavu

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 19 October 2025 saa 11:32
Yasuwe :

Koperative icukura amabuye y’agaciro yo mu Karere ka Rubavu izwi nka ‘Mining Cooperative Nyamyumba Busoro :COMINYABU) yatangiye iyi mirimo mu 2009, ikoresha uburyo bwa gakondo, itangirana abakozi 30, ariko uyu munsi bageze ku bakozi 1000 nyuma y’uko bahinduye imikorere babifashijwemo no kubona amashanyarazi.

Batangiriye ku mitarimba n’ibindi bikoresho bya gakondo, uyu munsi bageze aho gukoreshwa imashini zabugenewe, aho ku mwaka icukura toni 200 z’amabuye y’agaciro ariko ga Gasegereti, Coltan na Beryllium, nyamara mu myaka yashize ntibarenzaga hagati y’ibilo 50 n’ibilo 100.

Gasegereti ni yo yihariye umusaruro mwinshi ungana na 70% mu gihe Coltan ingana 30%. Nubwo bataramara umwaka bahawe uruhushya rwo gucukura beryllium, bavuga ko umusaruro wayo utazajya munsi ya toni 70.

Perezida wa Koperative COMINYABU, Karasira Seyi yabwiye IGIHE ko nyuma yo kubona amashanyarazi afite ingufu babafashije gukora ubucukuzi buteye imbere, baha akazi abantu benshi.

Ati “Dutangira hari aho twageze bamwe mu bo twatangiranye bacika intege, kuko twamaze imyaka itandatu mu ishoramari ridafite icyo ryinjiza kandi dukora bucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Nyuma twabonye amashanyarazi afite ingufu dukora ubucukuzi buteye imbere. Ubu dukoresha abakozi 1000 ku munsi barimo abagore 450 n’abagabo 550 ku munsi.”

Karasira akomeza avuga ko bageze ku rwego rwo kwitunganyiriza umusaruro ku kigero cya 85%, kuko bifitiye imashini zitunganya amabuye bacukura.

Uyu muyobozi yavuze ko ubu bamaze kugira uruganda rusya, rugatunganya amabuye y’agaciro, “bitwereka ko ishoramari ryikubye inshuro zirenze 50.”

Mu kurengera ibidukikije, Karasira yavuze ko aho bakorera ubucukuzi kuri hegitari 200 bamaze kuhatera ibiti 90.822, kuko bifitiye ubuhumbikiro buhoraho.

Mu gukomeza kurengera ibidukikije kandi bamaze guha abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba bakoreramo, ibiti 32,400, birimo n’ibyimbuto ziribwa mu kubafasha guhangana n’ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi mu bana bato.

Karasira avuga ko mu kwagura ishoramari rya koperative yaguze ibibanza mu Mujyi wa Kigali n’uwa Gisenyi bateganya kuzamuramo inzu z’ubucuruzi zijyanye n’igihe, mu gukomeza guteza imbere Igihugu.

Umusaruro w’amabuye y’agaciro u Rwanda rujyana ku isoko ryo hanze wiyongereye cyane kuva mu 2017, kuko ayo yinjiza yavuye kuri miliyoni 373$, agera kuri miliyari 1,7$ mu 2024.

COMINYABU ikorera mu Karere ka Rubavu
COMINYABU icukura toni zigera kuri 200 z'amabuye y'agaciro ku mwaka
Abakozi ba COMINYABU bakoresha imashini zigezweho
Agakoresho kakoreshwaga mu bucukuzi bwa gakondo, muri COMINYABU batarabona amashanyarazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages