Uyu mukobwa yaguye hasi amarabira ahagana saa saba z’amanywa zo kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Gashyantare 2024.
Abatangabuhamya babwiye IGIHE ko uyu mukobwa umuryango we usanzwe utuye mu Biryogo, ndetse ko yakundaga kuzenguruka muri aka gace cyane.
Bavuga ko ubwo yari arimo kuhanyura yagize isereri ahita agwa hase baramuterura bamutwara iwabo, bahageze basanga yapfuye.
Hari uwagize ati “ Ashobora kuba yapfuye turi kumujyana iwabo kuko ni hafi yo mu Marangi.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Biryogo, Antoine Munyaneza, yabwiye IGIHE ko uyu mukobwa yarwaraga igicuri.
Yagize ati “Amaze iminsi arwara igicuri. Iwabo bamubuzaga gukunda kuza mu marangi none yabacitse igicuri kimufatirayo . Yikubise hasi abaturage barabireba, barampamagara ndahagera tumujyana iwabo.”
Uwo mukobwa yagejejwe iwabo batangira kumwitaho ariko biba iby’ubusa kuko yahise yitaba Imana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!