Buri tariki 8 Werurwe, Isi yose yizihiza umunsi wahariwe abari n’abategarugori. Uba ari umwanya mwiza wo kwishimira ibyiza bagezeho, no gukomeza imihigo.
Ibigo bigize BK Group nabyo byizihije uyu munsi, aho ku wa Gatanu byahurije hamwe abakozi babyo b’abagore n’abakiliya babyo baganira ku ngingo zitandukanye zijyanye no kububakira ubushobozi.
Ni ibiganiro byatanzwe n’abagore batandukanye bari gukora imishinga yagiye iterwa inkunga na BK, none hakaba hishimirwa iterambere ridasanzwe bagezeho.
Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc, Béata Habyarimana, yasabye abitabiriye iki gikorwa gukora cyane kugira ngo abagore batange umusanzu ukomeye mu iterambere.
Ati “Twavuze ku buryo bwo kugera ku imari ariko abari hano tunagitahane ujye uvuga ngo mfite 60% by’abagore mu bakozi banjye. Baravuga ngo ntabwo dushishikariza abantu guhinduka gusa nitwe dutuma bahinduka.”
“Wowe ubwawe mu bo ukorana nabo, abo ukoresha, bamwe ufiteho ijambo rema inzira, ba impinduka niba byarashobotse ahantu n’ahandi byashoboka.”
Ku ruhande rw’Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi, yasabye abagore batandukanye kujya bigirira icyizere kandi bagakora cyane.
Ati “Kudacika intege ni ibya mbere kuko ntabwo ari urugendo rworoshye, hari abagore bakora ubucuruzi bari hano bamaze gutera imbere cyane, abantu bose bagiye baca mu bibazo bikomeye ariko ntibacike intege.”
“Ikindi gikwiye kuduha imbaraga ni igihugu cyacu ubu ngubu tuzizihiza imyaka 30 tuvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye kuduha imbaraga cyane kuko niba nk’igihugu dushobora kuva mu byo twavuyemo, n’abantu n’ubucuruzi bushobora guca mu bintu bikomeye ariko iyo badacitse intege bagera ku bintu bitangaje.”
Yakomeje asaba abagore kudaha umwanya umuntu ushobora gusubiza inyuma ibitekerezo byabo, ahubwo bakumvira umutimanama wabo.
Ati “Hari akantu kamwe abagore dukunda gukora ushobora kuba ufite icyo utekereza ariko ukumva iby’abandi bakubwira, aya majwi rimwe na rimwe asumba ayawe kandi ni ibyago bikomeye.”
“Njye mu rugendo rwanjye nabonye ko iyo niyumvamo rya jwi ngo ukwiye gukora iki ndabikora, akenshi iyo ntabikoze kuko kanaka na kanaka bambwiye ko atari byo ngera imbere nkicuza, ikintu wumva mu mutima wawe ko aricyo uzajye ugikora kandi uzabikuramo imbaraga nyinshi.”
BK Group igizwe n’ibigo bitandukanye birimo Bank ya Kigali, BK General Insurance, BK TecHouse, BK Capital Ldt na BK Foundation, bitanga serivisi zitandukanye zifite aho zihuriye imari.BK Group yizihije Umunsi w’Abagore, ibashishikariza gukomeza kuba isoko y’impinduka
BK Group Plc yifatanyije n’abakiliya n’abakozi bayo kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wahariwe Umugore, basabwa gushyira imbaraga mu bikorwa bizana impinduka nziza muri sosiyete.
Buri tariki 8 Werurwe, Isi yose yizihiza umunsi wahariwe abari n’abategarugori. Uba ari umwanya mwiza wo kwishimira ibyiza bagezeho, no gukomeza imihigo.
Ibigo bigize BK Group nabyo byizihije uyu munsi, aho ku wa Gatanu byahurije hamwe abakozi babyo b’abagore n’abakiliya babyo baganira ku ngingo zitandukanye zijyanye no kububakira ubushobozi.
Ni ibiganiro byatanzwe n’abagore batandukanye bari gukora imishinga yagiye iterwa inkunga na BK, none hakaba hishimirwa iterambere ridasanzwe bagezeho.
Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc, Béata Habyarimana, yasabye abitabiriye iki gikorwa gukora cyane kugira ngo abagore batange umusanzu ukomeye mu iterambere.
Ati “Twavuze ku buryo bwo kugera ku imari ariko abari hano tunagitahane ujye uvuga ngo mfite 60% by’abagore mu bakozi banjye. Baravuga ngo ntabwo dushishikariza abantu guhinduka gusa nitwe dutuma bahinduka.”
“Wowe ubwawe mu bo ukorana nabo, abo ukoresha, bamwe ufiteho ijambo rema inzira, ba impinduka niba byarashobotse ahantu n’ahandi byashoboka.”
Ku ruhande rw’Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi, yasabye abagore batandukanye kujya bigirira icyizere kandi bagakora cyane.
Ati “Kudacika intege ni ibya mbere kuko ntabwo ari urugendo rworoshye, hari abagore bakora ubucuruzi bari hano bamaze gutera imbere cyane, abantu bose bagiye baca mu bibazo bikomeye ariko ntibacike intege.”
“Ikindi gikwiye kuduha imbaraga ni igihugu cyacu ubu ngubu tuzizihiza imyaka 30 tuvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye kuduha imbaraga cyane kuko niba nk’igihugu dushobora kuva mu byo twavuyemo, n’abantu n’ubucuruzi bushobora guca mu bintu bikomeye ariko iyo badacitse intege bagera ku bintu bitangaje.”
Yakomeje asaba abagore kudaha umwanya umuntu ushobora gusubiza inyuma ibitekerezo byabo, ahubwo bakumvira umutimanama wabo.
Ati “Hari akantu kamwe abagore dukunda gukora ushobora kuba ufite icyo utekereza ariko ukumva iby’abandi bakubwira, aya majwi rimwe na rimwe asumba ayawe kandi ni ibyago bikomeye.”
“Njye mu rugendo rwanjye nabonye ko iyo niyumvamo rya jwi ngo ukwiye gukora iki ndabikora, akenshi iyo ntabikoze kuko kanaka na kanaka bambwiye ko atari byo ngera imbere nkicuza, ikintu wumva mu mutima wawe ko aricyo uzajye ugikora kandi uzabikuramo imbaraga nyinshi.”
BK Group igizwe n’ibigo bitandukanye birimo Bank ya Kigali, BK General Insurance, BK TecHouse, BK Capital Ldt na BK Foundation, bitanga serivisi zitandukanye zifite aho zihuriye imari.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!