00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bralirwa yibutse abahoze ari abakozi bayo bazize Jenoside

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 23 April 2017 saa 06:21
Yasuwe :

Uruganda rwenga ibinyobwa birimo ibisembuye n’ibidasembuye(Bralirwa), rwibutse ku nshuro ya 23 abahoze ari abakozi barwo bazize jenoside yakorewe abatutsi, by’umwihariko abakoreraga mu ruganda rwenga inzoga ruherereye mu karere ka Rubavu.

Nyuma y’urugendo rwo kwibuka abakozi ba Bralirwa bashyize indabo ku rwibutso rw’akarere ka Rubavu ruzwi ku izina rya ‘commune rouge’.

Umuyobozi wa Ibuka mu karere ka Rubavu, Kabanda Innocent yasobanuye inkomoko n’amateka y’izina ‘commune rouge’ rifitanye isano n’ibikorwa by’ubwicanyi byahakorewe.

Yakomeje asobanura ko Abantu 4613 aribo bashyinguye mu rwibutso rwa ‘commune rouge’ abandi bakaba bagishakishwa.

Yashoje ashimira Bralirwa inkunga itera abarokotse jenoside by’umwihariko imiryango y’abahoze ari abakozi bayo.

Ati “Turashimira Bralirwa kuba irihira amashuri abana barokotse jenoside ariko
hari inkunga yahozeho yadufashaga mu bucuruzi bw’ibisigazwa bikomoka ku bikoreshwa mu ikorwa ry’ibinyobwa yaharitswe, igarutse yakomeza kudufasha.”

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Uwampayizina Marie Grace, yashimiye Bralirwa ku nkunga itera abarokotse Jenoside n’akarere muri rusange.

Umuyobozi mukuru wa Bralirwa, Victor MADIELA yabwiye abarokotse ko bazabahora hafi.

Yagize ati “Mu izina rya Bralirwa tuzahora hafi yanyu twishyurira amashuri abana kugeza barangije kaminuza kandi uyu mwaka tuzarihira abaturage 1000 batishoboye baturanye n’uruganda ubwisungane mu kwivuza.”

Abahoze ari abakozi ba Bralirwa bazize jenoside yakorewe abatutsi mu yahoze ari Gisenyi bagera kuri 19.

Abakozi ba Bralirwa n'imiryango y'abazize Jenoside bifatanyije mu rugendo rwo kwibuka
Habanje urugendo rwo kwibuka rugana ku rwibutso rw'Akarere ka Rubavu
Ubwo hacanwaga urumuri rw'icyizere
Mu rwibutso rwa 'Commune Rouge' hashyinguyemo abatutsi bagera kuri 4613
Ibiganiro byabereye mu ruganda rwa Bralirwa
Uwampayizina Marie Grace yashimiye ubufasha Bralirwa iha abarokotse jenoside
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Rubavu, Kabanda Innocent asobanura amateka ya jenoside muri aka gace
Umuyobozi Mukuru wa Bralirwa, Victor Madiela yabwiye abarokotse jenoside ko bazakomeza kubaba hafi
Uwampayizina na Victor Madiela bashyira indabo ku rwibutso
Uruganda rwa Bralirwa rwenga ibinyobwa bisembuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages