Ni muri urwo rwego Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere (BRD) yakoranye n’abashoramari batandukanye mu kubaka amacumbi agezweho, muri bo hari Koperative COHAKI iherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, Koperative Urukumbuzi na yo iherereye mu Murenge wa Kinyinya na Gate Hill Estates ikorera i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.
Aya makoperative yose akaba ari kuzamura inzu zigezweho zo guturamo ndetse hakaba n’izindi zamaze kuzura, zinatuwemo.
Innocent Mwambaye, Perezida wa Koperative COHAKI agira ati “Nk’uko mubizi twubaka ku bufatanye na BRD. Hafi 90% ni ibya BRD, twe twishatsemo 10%, BRD iratwunganira”
Mu ruzinduko yagiriye ahubakwa izo nzu, umuyobozi wa BRD Alex Kanyankole yashimiye ayo makoperative umurava akorana mu kuyubaka, anabasaba gukora uko bashoboye zigahendukira abanyarwanda kandi zikanubakwa neza.
Ahasuwe hose hamaze kubakwa inzu zirenga 300 zatwaye y’u Rwanda arenga miliyari 4, yatanzwe na BRD nk’inguzanyo kuri abo ba rwiyemezamirimo.
Muri rusange izi nzu zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 17 na 60 z’amafaranga y’u Rwanda
Mu Kagari ka Rwankuba i Kinyinya, inzu ihenze ifite agaciro ka miliyoni 54,5 mu gihe ihendutse izaba ifite agaciro ka miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda
Kanyankole ati “Biratanga amahirwe ku banyarwanda batandukanye bitewe n’ubushobozi bafite bityo buri wese akaba yakwibonera icumbi rijyanye n’ubushobozi bwe.”
Iyi gahunda ikaba izakomereza n’ahandi hatandukanye mu Mujyi wa Kigali no hanze yawo nk’uko bitangazwa na BRD.
Izi nzu zubatswe mu rwego rwo gukoresha ubutaka neza, hubakwa inzu zigerekeranye, kandi BRD yamaze kumvikana n’Umujyi wa Kigali ko mu myaka itatu iri mbere bagomba kuba bubatse inzu 3000 zigerekeranye.
Mu 2015 BRD irateganya miliyari 7 z’amafaranga y’u Rwanda agomba gushorwa mu bikorwa byo kubaka amacumbi.



















TANGA IGITEKEREZO