Aya masezerano yasinywe ku wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2015 I Cairo mu Misiri; ahari hafunguwe ku mugaragaro icyicaro cya AFREXIMBANK ndetse n’irahizwa ry’umuyobozi mushya w’iyo Banki.
Umuyobozi wa BRD, Alex Kanyankole n’umuyobozi ushinzwe ubukungu, Emmanuel Murangayisa ni bo basinye mu izina rya BRD; hakaba hari na Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri, Sheikh Saleh Habimana.
Kanyankole yashimye iyo nkunga iturutse muri AFREXIMBANK ndetse anashima ubufatanye busanzwe hagati y’izo Banki zombi.
Yagize ati “Twishimiye kwakira iyi nguzanyo izadufasha mu kongera imbaraga mu itangwa ry’inguzanyo y’igihe kirekire ku baka inguzanyo muri BRD bafite ibikorwa bijyanye n’ubucuruzi mu Rwanda by’umwihariko inganda nto n’iziciriritse.”
Yashimangiye ko AFREXIMBANK yakomeje kugira uruhare rugaragara mu kuzamura ibigo bishinzwe iterambere byo muri Afurika (African DFIs), iyi nguzanyo ikaba igiye gufasha BRD kubasha guteza imbere ba rwiyemezamirimo mu Rwanda.
Kanyankole yagaragaje ko kuva mu 2012, AFREXIMBANK yahaye BRD miriyoni 15 z’amadolari y’Amerika hakaba hiyongereyeho izi 10 none zose hamwe zikaba zimaze kuba 25 zihawe BRD mu gihe cy’imyaka itatu.



















TANGA IGITEKEREZO