Inzego z’ibanze zatangaje ko uwo mwana yatemwe ukoboko mu ma saa mbiri z’umugoroba, kwa 26 Ukuboza 2017, ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Islamic Bugarama.
Ushinzwe uburezi mu Murenge wa Bugarama, Ndwaniye Emmanuel, yabawiye IGIHE ati “Ni umwana wakoze mu nkono afata ibishyimbo arabirya se amutema akaboko, umwana bamujyana kuri Centre de santé (Ikigo nderabuzima cya Islamic Bugarama).”
Uwo mugabo watemeye umwana we yajyanwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Bugarama .
Mu ntangiriro z’uku kwezi bwo umwana wo muri uyu murenge wa Bugarama yatwitse na nyina ukuboko amuziza igiceri cya 50.
























TANGA IGITEKEREZO