Muhoza Gilbert w’imyaka 38 wari umaze iminsi acumbikiwe na se wabo, yahawe inzu IER yamwubakiye mu Mudugudu wa Rusekera, Akagari ka Kibungo mu Murenge wa Ntarama.
Muhoza yavuze ko byamushimishije kandi bikamuremamo icyizere cyo kubaho kuko akenshi iyo umuntu warokotse adafite aho kuba bimuca intege zo kugira n’ikindi yatekereza kigamije iterambere rye.
Ati “Ni ikintu kinshimishije kandi kingarurira icyizere cyo kubaho. Umuntu akenshi wacitse ku icumu iyo ntaho kuba afite no mu bindi bintu mu buzima busanzwe uba usanga nta cyizere wifitiye ariko ubu ngubu iyo bakubakiye inzu bakayigushyikiriza uhita wumva ko hari n’abantu bagutekerezaho utari wenyine abo bantu baba bakuremyemo icyizere. Ndabashimira igikorwa cy’indashyikirwa bakoze.”
Perezida w’Urugaga rw’Abahanga mu by’Ubwubatsi, Eng. Gentil Kangaho, yavuze ko mu busanzwe urugaga rugira ibikorwa rukora bigamije inyungu rusange nk’umusanzu wabo mu kubaka igihugu batagamije inyungu zabo.
Muri uyu mwaka mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, batekereje kubakira umwe mu barokotse Jenoside.
Eng Kangaho yavuze ko bishimiye kuba inzu yuzuye Muhoza Gilbert akaba abonye aho kuba.
Ati “Nk’abahanga mu by’ubwubatsi twaje gusura Urwibutso rwa Ntarama tumaze gusura turavuga ngo ntabwo twareba igikorwa gifatika twakora? Ni uko twabitekereje turavuga ngo reka dushake umwe ukeneye inzu tuyimwubakire ubwo rero twaje kuvugana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Komisiyo y’Iguhugu yo Kurwanya Jenoside. Ni igikorwa twatangije kuba tugisoje biradushimishije kuba abonye aho aba.”
Eng Kangaho yavuze ko hari indi mirimo izakorwa kuri iyo nzu kugeza ubu igeze mu gaciro ka miliyoni 25 Frw.
Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Ntarama, Kalinda Patrick, yashimye igikorwa cyakozwe n’Urugaga rw’Abahanga mu by’Ubwubatsi mu Rwanda.
Ati “Ni iby’agaciro cyane kuri Ibuka ndetse no ku bacitse ku icumu muri rusange cyane ko bimwe mu byubaka abacitse ku icumu ni ukugira ubuzima bwiza kandi ubuzima bwiza harimo no kugira aho kuba. Biradushimisha cyane iyo tubona umwe mu bagenerwabikorwa bacu ubashije kuva mu buzima bubi ajya mu bwiza akabasha kubona aho gutura.”
Kalinda yavuze ko nubwo imibare igihuzwa, kubera amateka akomeye ya Jenoside mu Murenge wa Ntarama hakiri abagikeneye kubakirwa.
Urugaga rw’Abahanga mu by’Ubwubatsi rwatangiye mu 2008, ubu rufite abanyamuryango bagera ku 2000.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!